IMIDERI

Bwa mbere Miss Yasipi Casmir yerekanye umusore yihebeye mu rukundo

Uwihirwe Yasipi Casmir wabaye igisonga cya mbere cya Miss Rwanda 2019, bwa mbere yerekanye umusore yiyeguriye umutima we baryohewe.

Mu mashusho mato yasangije abamukurikira ku rukuta rwe rwa instagram yerekanye ko aryohewe n’urukundo maze ayakurikiza ubutumwa bugira buti ”Uwo umutima wanjye wanyuzwe nawo , Ndagukunda Cako”.

Uyu mukobwa w’umuhanga mu bintu bitandukanye, wanahagarariye u Rwanda muri Miss Africa Calabar 2020, irushanwa ryabereye mu gihugu cya Nigeria, ntago ubusanzwe akunze kugaragaza ubuzima bwe bwite bw’urukundo, icyakora yigeze gutangaza ku urukundo rwe rwa mbere rutamaze kabiri.

Icyo gihe aganira na Isimbi Tv muri 2020 yavuze ko hari umusore bigeze gukundana ho ibyumeru 2 byonyine. Ati“haciye nk’imyaka nk’itatu, umuntu akiri mu mashuri yisumbuye biraho ngaho nyine, oya si uko nagiye muri Miss Rwanda kuko bwo haciyeho umwaka umwe wonyine, twakundanye tukiri ku ishuri kandi nabwo ntabwo byamaze icyumweru, byari iby’ubwana niko navuga.”

Bakomeje kuryoherwa mu rukundo

Uwihirwe Yasipi Casimir asanzwe ari umuhanga mu mivugo yiganje mu rurimi rw’Icyongereza. Yakoze imivugo irimo uwitwa ‘You are The Next Generation’ aho agaragaza ibibazo bihari mu rubyiruko, akerekana uburyo ntacyo abantu babikoraho ahubwo amaso bayiriza ku mbuga nkoranyambaga.

Ku wa 27 Ukwakira 2018 mu irushanwa ryiswe ‘Kigali Itatswe n’Ubusizi’ ryahuzaga abahanga mu busizi baturutse mu mashuri yisumbuye n’abandi bayasoje mu gikorwa gitegurwa n’Umuryango wa TransPoesis, Uwihirwe yahize abandi yegukana umwanya wa mbere.

Miss Yasipi Casmir ari mu munyenga w’urukundo

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

18 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

18 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

19 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

19 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago