Umukobwa wa Jamie Foxx yatangaje amakuru ajyanye n’ubuzima bwa Se nyuma y’amakuru aherutse kuvugwa ko ubuzima bwe bukenye gufashwa.
Corinne Foxx, umukobwa w’icyamamare muri Hollywood, Jamie Foxx yatanze amakuru ku buzima bwe nyuma y’amakuru yatangajwe ku wa kane avuga ko umuryango w’uyu mukinnyi ‘witegura amakuru ataba meza’.
Ku wa gatanu, tariki ya 12 Gicurasi, Corinne, ufite imyaka 29, yanditse kuri konti ye ya Instagram yerekeye Jamie w’imyaka 55, aho yagize ati: “Amakuru agezweho mu muryango: Birababaje kubona uburyo itangazamakuru rikora mu kinyamwuga gike.”
Yagize ati “Papa wanjye amaze ibyumweru bitari bike avuye mu bitaro, yitaweho.”
Yongeyeho ati “Ikimenyimenyi, ku munsi wejo washize yakinnye n’umukino pickleball.”
Yashimiye abafana ku bw’amasengesho yabo n’inkunga yabo ngo icyamamare mu musici na filime abashe gukira.
Corinne yatangaje ibyo nyuma y’urubuga, Radar Online yavuze ko umuryango wa Jamie “witegura ikibi” nyuma y’ubwoba bwe bw’amayobera. Umunyamakuru Touré yanavuze mu nyandiko ya Instagram yamaze gusiba avuga ko uyu mukinnyi “yari mu buzima bukeneye ubufasha muri ICU.”
Aha ariko Carine yaciye amazimwe atangaza andi makuru avuga ko hari ibikorwa by’iki cyamamare biteganyijwe gushyirwa hanze mu cyumweru gitaha.
Jamie yari mu bitaro ku ya 11 Mata kubera ibyo Corinne yaramaze gutangaza avuga ko ari “ubuzima bwe bugomba kwitabwaho.”
Icyo gihe yasangiye ayo makuru kuri Instagram ati “Ku bw’amahirwe, kubera ibikorwa byihuse no kwitabwaho cyane, asanzwe ari mu nzira yo gukira.”
“Tuzi uburyo akunzwe kandi turashima ku bw’amasengesho yanyu. Umuryango urasaba ubuzima bwe kwitabwaho byihariye muri iki gihe.”
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…