Ibyishimo byajemo amarira! Benshi bashatse kureba Perezida Kagame baravunika bahanutse ku igorofa
Abantu 12 nibo bamaze kumenyekanye ko bavunikiye mu mubyigano ubwo bashakaga kureba Perezida Kagame aho yarageze Nyabugogo avuye i Rubavu gusura abaturage bagizweho ingaruka y’ibiza.
Ubwo umukuru w’igihugu yageraga mu gace ka Nyabugogo ahagana ni mugoroba yasohotse ashaka gusuhuza abaturage, benshi bari bamwishimiye kongera kumubona ariko kubera umubyigano washakaga kumureba haje kuvamo abakometse bahanutse ku igorofa.
Itangazo ry’Umujyi wa Kigali rigira riti “Umujyi wa Kigali wamenye inkuru ibabaje y’abaturage bakoze impanuka ubwo bahanukaga mu igorofa kubera umubyigano mu gihe bishimiraga kureba Umukuru w’Igihugu, watambukaga asuhuza abaturage mu gace ka Nyabugogo, mu Karere ka Nyarugenge.
Muri iyi mpanuka hakomeretse abantu 12 barimo abagore bane, n’abagabo umunani. Babiri bararembye cyane, bakaba barimo kwitabwaho mu Bitaro bya CHUK, Umujyi wa Kigali ukaba ukomeza kubakurikiranira hafi.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…