INKURU ZIDASANZWE

Nigeria: Umusore yishe Nyina amuziza kwanga kumuha asaga ibihumbi mirongo itanu y’u Rwanda

Umusore uzwi ku izina rya Owate Bode yishe Nyina umubyara amuziza kutamuha Naira ibihumbi 20 (amafranga akoreshwa mu gihugu cya Nigera) muri Leta ya Rivers.

Ayo mahano yabaye kuwa gatandatu tariki 13 Gicurasi, mu gace ka Aleto, mu mudugudu wa Eleme.

Amafaranga ibihumbi 20 by’amanaira ni ibihumbi 48,592.78 Frw ku ivunjisha mpuzamahanga. Ni amafaranga ibihumbi 50 Frw aburaho 1500 Frw.

Uyu mugabo yavuze ko yegereye Nyina amusaba N20.000 kugira ngo abashe kwitabira umuhango w’ishyingura mu gace batuyemo ariko ntahite abona igisubizo cya Mama we.

Yavuze ko Nyina yakuye kuri konti ye ibihumbi 20 by’amaNaira ariko ahabwa ibihumbi 10 byonyine ibintu yakomeje kwamaganira kure avuga ko adahagije.

Ibintu nubwo bitahise bimenyekana ako kanya ngo umuhungu yafashe isuka akubita Nyina mu mutwe, umutwe w’umubyeyi ngo wahise umeneka nuko atangirira kuviririna amaraso cyane kugeza apfuye.

Nyuma y’uko uketsweho icyaha yaje gutahurwa n’urubyiruko rwaho hafi maze rumushyikiriza polisi, mu gihe umurambo washyizwe mu ahagenewe imirambo yo muri ako gace kugira ngo ikorerwe isuzuma. 

Mu ibazwa, Bode wasaga nkuwicujije kuba yarishe nyina, yavuze ko ahungabanye mu mutwe. Yavuze ko yahisemo ‘kurangiza’ mama we kubera ko yanze kumuha amafaranga ye no kumutuka. Yakomeje avuga ko arambiwe kubaho kandi ko ashaka gupfa.

Umuvugizi w’ubuyobozi bwa polisi y’igihugu, SP Grace Iringe-Koko, wemeje ibyabaye yavuze ko uyu musore ari mu maboko ya polisi.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

15 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

16 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago