IMIDERI

Turahirwa Moses washinze Moshions yasabiwe n’urukiko gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwategetse ko Turahirwa Moses washinze inzu y’imideli Monshions akurikiranwa ibyaha afunze iminsi 30 y’agateganyo.

Ni isomwa ry’urubanza ryabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 15 Gicurasi 2023. Icyumba rwagombaga gusomerwamo cyari cyakubise cyuzuye inshuti za Turahirwa, itangazamakuru ndetse n’abifuzaga kumva icyemezo gifatirwa uyu munyamideli uri mu bakomeye mu Rwanda.

Isomwa ry’uru rubanza ryatangiye rikererewe kubera ko Turahirwa yari ataragera ku Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge.

Amaze kugera mu cyumba cy’iburanisha, Umucamanza yamusabye kwigira imbere ari kumwe na Me Bayisabe Irene wanamwunganiye atangira gusomerwa uko iburanisha ryagenze.

Nyuma yo gusubiriramo abari mu cyumba cy’Urukiko uko iburanisha ryagenze, Umucamanza yavuze ko urubanza rwarebye niba hari impamvu zikomeye zituma Turahirwa aburana afunze.

Umucamanza yavuze ko ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha ku bijyanye no guhindura Urwandiko rw’inzira (Passport) bidahagije ngo akurikiranweho iki cyaha.

Ku kijyanye n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, Urukiko rwavuze ko hari ibimenyetso bigaragaza ko Turahirwa yakekwaho kunywa ibiyobyabwenge ariko bikazasuzumwa mu iburana mu mizi.

Icyakora umucamanza yongeyeho ko bitewe n’uko Turahirwa yigeze kuvuga ko ahinga urumogi muri Nyungwe, bityo kuba yiyemerera ko afite ibikorwa bimuhuza n’urubyiruko kandi akaba yifashisha imbuga nkoranyambaga akangurira urubyiruko kurunywa yifashishije imbuga nkoranyambaga, rwemeza ko afungwa by’agateganyo iminsi 30 y’agateganyo.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

17 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago