IMIKINO

Icyamamare muri WWE Billy Graham ubuzima bwe buri mu kaga

Billy Graham wabaye icyamamare mu mukino wa WWE ubu ari mubuzima bugoye kandi umuryango we wavuze ko ikibazo cye gikomeye.

Kuwa mbere tariki 15 Gicurasi, Valerie umugore w’uyu mukinnyi uzwiho kuba yarubatse umubiri no guterura ibiremeye yatangaje amakuru y’ubuzima bwe avuga ko butameze neza.

Yagize ati “Nyamuneka amasengesho akenewe ku mugabo wanjye, abaganga barashaka kumukura mu bibazo by’ubuzima arimo gufashwamo muri iri joro, bikomeje kuncanga.”

Konti ya GoFundMe yashyiriweho Graham yerekanye ko uyu mugabo w’imyaka 79 afite “ibibazo byinshi by’ubuzima bukomeye” kandi amaze ibyumweru birenga bitatu muri ICU (Ahakenerwa ubufasha bw’abaganga bwihariye).

Uyu mugabo uri mu bubatse umubiri yigeze kugira uburwayi bukomeye mu matwi no kuvunika kwigufwa ryo mu gahanga, kunanirwa k’umutima, diyabete, no kutumva. Umuryango we wavuze ko aherutse no gutakaza ibiro 45.

Billy Graham akomeje gutabarizwa ubuzima bwe buri mu kaga

Graham yazamutse cyane mu ishyirahamwe ry’imikino yo muri Amerika yabateruye ibiremereye ndetse na nyuma yaho akomera muri federasiyo y’imikino yo ku rwego rw’Isi.

Mu 2004, Graham wiyitaga nka Hulk Hogan yatowe muri WWE na bagenzi be barimo Jesse Ventura, Scott Steiner, na Ric Flair nka bamwe mu banyabigwi b’ibihe byose muri uwo mukino.

Christian

Recent Posts

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

22 minutes ago

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

21 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

21 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

22 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago