RWANDA

Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi y’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ingufu za Atomike

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabonanye na Dr. Lassina Zerbo, Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi y’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ingufu za Atomike na Dr. Fidel Ndahayo Umuyobozi Mukuru w’iki kigo. Mu byo baganiriye harimo akamaro k’ingufu za nikeleyeri ku hazaza ha Afurika.

Advertisements

Iki kigo gifite intego yo guteza imbere ikoreshwa mu mahoro ry’ingufu za atomike hagamijwe iterambere rirambye ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage.

Mu nshingano iki kigo gifite harimo kugira inama Leta mu bijyanye n’ingufuza atomike, guteza imbere ikoreshwa mu mahoro ry’ingufuza atomike, kugena imikoreshereze y’amashanyarazi aturuka ku ngufu za nikeleyeri n’indi mikoreshereze  y’ingufu za atomike mu buryo bw’amahoro.

Kinashinzwe guteza imbere, gufasha mu kubaka no mu kubungabunga inyubako zikorerwamo ibikorwa bibyara ingufuza nikeleyeri hagamijwe gutunganya ingufu z’amashanyarazi n’ibindi bikorwa bibyara n’ingufu za atomike.

Mu biganiro byahuje impande zombi baganiriye ku kamaro ka hazaza muri Afurika mu bijyanye n’ingufu za nikeleyeri ndetse n’uburyo hashorwamo imari mu kongera ubushobozi kugira ngo bungukire ku guhanga udushya, harimo no guteza imbere ikoranabuhanga rito ryayo.

Perezida Kagame yakiriye mu biro bye Dr. Lassina Zerbo, Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi y’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ingufu za Atomike

Iki ni ikigo kirebererwa na Perezidansi ya Repubulikao

Kuri uyu wa Kabiri kandi, Perezida Kagame kandi yanakiriye Bill Woodcock, Umuyobozi Mukuru wa Packet Clearing House (PCH) umuryango mpuzamahanga utegamiye kuri Leta utanga ubufasha ku bijyanye n’ibikorwaremezo bya internet, baganira ku iterambere rirambye ku bikorwa byayo isanzwe ikora.

Perezida Kagame yakiriye kandi Bill Woodcock, Umuyobozi Mukuru wa Packet Clearing House (PCH)

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

2 days ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

4 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

7 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago