RWANDA

Rutsiro: Abayobozi ba Karere baherutse kwiba imyambaro y’abahuye n’ibiza birukanwe mukazi burundu

Abayobozi bakoreraga mu Karere ka Rutsiro barimo abakorerwa urwego rwa DASSO 2, umushoferi utwara imodoka y’Akarere n’abandi bakozi babiri, baherutse gutabwa muri yombi nyuma yo gukekwaho kwiba imyenda n’inkweto yagenewe imiryango yibasiwe n’ibiza, birukanwe burundu mu kazi.

Advertisements

Abo bantu uko ari batanu batawe muri yombi tariki 14 Gicurasi 2023, nyuma yo kumenya amakuru ko bibye imfashanyo y’imyenda n’inkweto byari bigenewe imiryango yibasiwe n’ibiza, bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Gihango.

Abari mu rwego rwa DASSO bahise bafatwa ni uwitwa Ndungutse Jean Pierre na Muhawenimana Claudine n’umushoferi witwa Muhire Eliazar bahise birukanwe burundu.

Inama y’umutekano itaguye y’aka karere ka Rutsiro yateranye ku mugoroba wo ku wa 16 Gicurasi 2023 yemeje ko Mujawamariya Nathalie, umusigire mu ishami ry’ubuhinzi akaba ashinzwe ibihingwa ngengabukungu mu Karere na Uwamahoro Eugénie, ushinzwe Amakoperative mu Karere nabo birukanwa.

Amakuru avuga ko Akarere kagiriwe inama yo kwirukana burundu bariya bakozi kabone n’ubwo Inkiko zitarabahamya ibyaha bakekwaho.

Uwamahoro Eugénie w’imyaka 36 ushinzwe Amakoperative bivugwa ko ari kwa muganga nyuma yo kugira ikibazo cy’inda yari atwite yavuyemo.

Nk’uko byatangajwe na RIB ngo itabwa muri yombi ry’aba bantu ryaturutse ku makuru yatanzwe na bamwe mu bagize itsinda ryari rishinzwe gutanga imyenda, babonye ko hari ibyagiye binyerezwa ku ruhande batanga amakuru, ubuyobozi n’inzego z’umutekano zirabikurikirana zisanga koko yaribwe.

Imvura nyinshi yaguye mu Ntara y’Iburengerazuba, iy’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo mu ntangiriro z’uku kwezi (tariki 2-3 Gicurasi, 2023), yateje ibiza byatwaye ubuzima bw’abantu 135, Guverinoma yagerageje kugoboka abahuye n’ibyo biza, bafashwa kubona imyambaro, ibiribwa n’ibindi, ndetse ubu haracyakusanywa n’izindi nkunga.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago