IMIKINO

UEFA Champions League: Inter Milan yageze ku mukino wa nyuma isezereye Ac Milan-AMAFOTO

Inter Milan yongeye kubabaza ikipe ya Ac Milan iy’itsinda igitego kimwe rukumbi cyabonetse mu mukino gishimangira intsinzi yo kwerekeza ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League uyu mwaka.

Advertisements

Mu mukino wari uwo kwishyura Inter Milan yari yakiriye Ac Milan ku kibuga cya Giuseppe Meazza aho n’ubundi yari yayitsindiye mu mukino ubanza ibitego 2-0.

Ibyishimo byabasanze ku kibuga cyabo cyari cyuzuye umufana

Milan AC yasabwaga kwishyura ibyo bitego bibiri, ni yo yatangiye neza umukino, ibona uburyo burimo ubwo ku munota wa 11 aho Brahim Diaz yahawe umupira arebana n’izamu ariko ateye ishoti umunyezamu André Onana arawufata.

Ku munota wa 37, Milan AC yongeye kubona uburyo bwari kuvamo igitego ubwo Rafael Leão yamburaga umupira Matteo Darmian maze ageze imbere y’izamu, awuteye unyura ku ruhande gato.

Inter Milan nayo yagerageje uburyo butandukanye aho ku munota wa 39 yabonye amahirwe akomeye ubwo Hakan Calhanoglu yateraga coup-franc, umupira unyura ku mutwe wa Lautaro Martínez ugana mu izamu ariko usanga umunyezamu Mike Maignan ari maso awukuramo.

Byasabye gutegereza umunota wa 74, Lautaro Martínez atsinda igitego cya Inter Milan ku mupira yaherejwe na Romelu Lukaku wari umaze iminota umunani asimbuye Eden Džeko.

Martinez watsindiye ikipe ya Inter Milan

Ku munota wa 78, Lautaro Martínez yongeye kugerageza uburyo atera ishoti rikomeye ariko umunyezamu Mike Maignan ashyira umupira muri koruneri.

Umukino warangiye Inter Milan itsinze igitego 1-0, isezerera Milan AC ku giteranyo cy’ibitego 3-0 mu mikino ibiri.

Ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League uzakinwa tariki ya 10 Kamena, kuri Stade Ataturk Olympic mu Mujyi wa Istanbul muri Turikiya, Inter Milan izahura n’ikipe ikomeza hagati Manchester City na Real Madrid.

Aya makipe yombi ategerejwe izakwerekeza ku mukino wa nyuma igasanga Inter Milan arakina mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu Saa Tatu zuzuye, ni muhihe umukino ubanza wari wabereye i Santiago Bernabeu amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1.

Martinez na Lukaku bishimira igitego kimwe rukumbi cyabonetse mu mukino
Umunya-Argentine Martinez yatowe nk’umukinnyi w’umukino

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago