RWANDA

Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi y’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ingufu za Atomike

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabonanye na Dr. Lassina Zerbo, Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi y’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ingufu za Atomike na Dr. Fidel Ndahayo Umuyobozi Mukuru w’iki kigo. Mu byo baganiriye harimo akamaro k’ingufu za nikeleyeri ku hazaza ha Afurika.

Iki kigo gifite intego yo guteza imbere ikoreshwa mu mahoro ry’ingufu za atomike hagamijwe iterambere rirambye ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage.

Mu nshingano iki kigo gifite harimo kugira inama Leta mu bijyanye n’ingufuza atomike, guteza imbere ikoreshwa mu mahoro ry’ingufuza atomike, kugena imikoreshereze y’amashanyarazi aturuka ku ngufu za nikeleyeri n’indi mikoreshereze  y’ingufu za atomike mu buryo bw’amahoro.

Kinashinzwe guteza imbere, gufasha mu kubaka no mu kubungabunga inyubako zikorerwamo ibikorwa bibyara ingufuza nikeleyeri hagamijwe gutunganya ingufu z’amashanyarazi n’ibindi bikorwa bibyara n’ingufu za atomike.

Mu biganiro byahuje impande zombi baganiriye ku kamaro ka hazaza muri Afurika mu bijyanye n’ingufu za nikeleyeri ndetse n’uburyo hashorwamo imari mu kongera ubushobozi kugira ngo bungukire ku guhanga udushya, harimo no guteza imbere ikoranabuhanga rito ryayo.

Perezida Kagame yakiriye mu biro bye Dr. Lassina Zerbo, Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi y’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ingufu za Atomike

Iki ni ikigo kirebererwa na Perezidansi ya Repubulikao

Kuri uyu wa Kabiri kandi, Perezida Kagame kandi yanakiriye Bill Woodcock, Umuyobozi Mukuru wa Packet Clearing House (PCH) umuryango mpuzamahanga utegamiye kuri Leta utanga ubufasha ku bijyanye n’ibikorwaremezo bya internet, baganira ku iterambere rirambye ku bikorwa byayo isanzwe ikora.

Perezida Kagame yakiriye kandi Bill Woodcock, Umuyobozi Mukuru wa Packet Clearing House (PCH)

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago