Rihanna ukuriwe yasangije amafoto abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ze kuva yatwita akaba yitegura kubyara umwana wa kabiri n’umuraperi A $ AP Rocky.
Mu mafoto yashyize hanze amugaragaza yambaye ibisa ntaho ari ntabyo nyuma yuko afotowe yifashe ku mabere gusa ndetse n’akenda k’imbere.
Yagaragaye kandi yambaye imikufi ihenze irimo impeta ya Zahabu, urunigi rw’ifeza, n’ibikomo bikiyongeraho n’amaherena hamwe n’inkweto ndende zizwi zikozwe mu ruhu rw’inyamaswa nka High heels.
Mu magambo yanditse, uyu muhanzikazi yagize ati “Dore urukurikirane ruto nise ‘Rub on ya titties’. Mu rwego rwo kubahiriza inda yanjye bwa mbere, kwiberaho nk’umubyeyi nka g, no guhinduka ku mubiri wanjye! Umwana RZA … we araho ngaho ntaragira ibyo yambara nk’uko mama we ameze, cyangwa uko yagakwiriye kumera mu kundema.”
Rihanna na A $ AP Rocky kuri ubu bategereje umwana wabo wa kabiri; gusa bombi birinze gutangaza igihe umwana azavukiraho.
Rihanna w’imyaka 35 yibarutse umwana we w’imfura y’umuhungu yise Noah Mayers n’umuraperi A $ AP Rocky tariki 13 Gicurasi 2022.
AMAFOTO:
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…