Umugabo w’imyaka 34 uzwi ku izina rya Wisdom Emmanuel yagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Yaba akurikiranyweho gushimuta no gusambanya umwana w’umukobwa w’inshuti ye mu biro bye.
Umushinjacyaha wa polisi, Thomas Nurudeen, yabwiye urukiko ko uyu mugabo w’imyaka 34 yabikoze mu biro bye ku ya 30 Mata 2023, ahagana mu ma saa Ine za mu gitondo, umuhanda wa Kusa, No 46 Bariga, muri Leta ya Lagos mu gihugu cya Nigeria. Nk’uko Nurudeen abitangaza ngo uregwa yaramushutse areshyashya umukobwa mu biro bye kandi aramusambanya.
Ku bwe, ngo uregwa yagiye ku babyeyi b’uyu mwana w’umukobwa maze asaba uruhushya rwo kumujyana aho uyu mukobwa yakoreraga, ariko yaje guhindura inzira amujyana ku biro bye hafi ya Fadeyi; aho bivugwa ko ariho yamuhatiye kumwambura imyenda akamusambanya ku gahato.
Umwana w’umukobwa uyu mugabo ashinjwa gufata ku ngufu afite imyaka 13 y’amavuko.
Nurudeen yavuze ko icyaha cyakozwe gihanishwa mu ngingo ya 141 na 137 z’amategeko ahana ya Leta ya Lagos 2015.
Umushinjacyaha wa polisi Nurudeen avuga ko yakatiwe iminsi 30 y’igifungo isubitse mugihe hagitegerejwe umwanzuro w’ubushinjacyaha kuri dosiye y’uregwa.
Umucamanza Nwaka ntiyakiriye ikirego cy’uregwa ariko ategeka ko rugomba gusubirwamo yemeza ko urubanza rwimuriwe ku ya 19 Kamena 2023.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…