MU MAHANGA

Umugabo akurikiranyweho gusambanya umwana w’umukobwa w’inshuti ye

Umugabo w’imyaka 34 uzwi ku izina rya Wisdom Emmanuel yagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Yaba akurikiranyweho gushimuta no gusambanya umwana w’umukobwa w’inshuti ye mu biro bye.

Umushinjacyaha wa polisi, Thomas Nurudeen, yabwiye urukiko ko uyu mugabo w’imyaka 34 yabikoze mu biro bye ku ya 30 Mata 2023, ahagana mu ma saa Ine za mu gitondo, umuhanda wa Kusa, No 46 Bariga, muri Leta ya Lagos mu gihugu cya Nigeria. Nk’uko Nurudeen abitangaza ngo uregwa yaramushutse areshyashya umukobwa mu biro bye kandi aramusambanya.

Ku bwe, ngo uregwa yagiye ku babyeyi b’uyu mwana w’umukobwa maze asaba uruhushya rwo kumujyana aho uyu mukobwa yakoreraga, ariko yaje guhindura inzira amujyana ku biro bye hafi ya Fadeyi; aho bivugwa ko ariho yamuhatiye kumwambura imyenda akamusambanya ku gahato.

Umwana w’umukobwa uyu mugabo ashinjwa gufata ku ngufu afite imyaka 13 y’amavuko.

Nurudeen yavuze ko icyaha cyakozwe gihanishwa mu ngingo ya 141 na 137 z’amategeko ahana ya Leta ya Lagos 2015.

Umushinjacyaha wa polisi Nurudeen avuga ko yakatiwe iminsi 30 y’igifungo isubitse mugihe hagitegerejwe umwanzuro w’ubushinjacyaha kuri dosiye y’uregwa.

Umucamanza Nwaka ntiyakiriye ikirego cy’uregwa ariko ategeka ko rugomba gusubirwamo yemeza ko urubanza rwimuriwe ku ya 19 Kamena 2023.

Christian

Recent Posts

Ubutegetsi bwa Congo bukomeje kwinangira ibiganiro n’umutwe wa M23

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko butaremeza niba buzitabira ibiganiro byabwo n’umutwe…

1 hour ago

U Burusiya bwasabwe guhagarika intambara na Ukraine

Amerika yatangaje ko kugeza ubu umupira uri mu biganza by’u Burusiya kugira ngo baganire bemeranye…

2 hours ago

Perezida Kagame yahishuye uko umukoresha wa Tshisekedi yatunguwe no kumubona ayobora igihugu

Mu kiganiro n’umunyamakuru Mario Nawfal, Perezida Kagame yavuze ko mbere y’uko Tshisekedi ayobora RDC, yamaze…

23 hours ago

UEFA Champions League: PSG yasezereye Liverpool, Bayern Munich, Barcelona na Inter Milan zigera muri ¼

Amakipe arimo FC Barcelona, Bayern Munich, Inter Milan na Paris Saint-Germain yigaranzuye Liverpool mu mukino…

1 day ago

M23 yakubise inshuro ingabo z’u Burundi ifata agace bari barakabye

Mu mirwano yabaye ku munsi wo kuwa mbere M23 yafashe agace ka Kaziba muri operation…

2 days ago

Manchester United igiye kubaka Stade izaba ari ya mbere mu Bwongereza yakira abantu benshi

Ubuyobozi bwa Manchester United bwatangaje ko bugiye kuvugurura Stade ya Old Trafford ikazajya yakira abantu…

2 days ago