MU MAHANGA

Umugabo akurikiranyweho gusambanya umwana w’umukobwa w’inshuti ye

Umugabo w’imyaka 34 uzwi ku izina rya Wisdom Emmanuel yagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Yaba akurikiranyweho gushimuta no gusambanya umwana w’umukobwa w’inshuti ye mu biro bye.

Advertisements

Umushinjacyaha wa polisi, Thomas Nurudeen, yabwiye urukiko ko uyu mugabo w’imyaka 34 yabikoze mu biro bye ku ya 30 Mata 2023, ahagana mu ma saa Ine za mu gitondo, umuhanda wa Kusa, No 46 Bariga, muri Leta ya Lagos mu gihugu cya Nigeria. Nk’uko Nurudeen abitangaza ngo uregwa yaramushutse areshyashya umukobwa mu biro bye kandi aramusambanya.

Ku bwe, ngo uregwa yagiye ku babyeyi b’uyu mwana w’umukobwa maze asaba uruhushya rwo kumujyana aho uyu mukobwa yakoreraga, ariko yaje guhindura inzira amujyana ku biro bye hafi ya Fadeyi; aho bivugwa ko ariho yamuhatiye kumwambura imyenda akamusambanya ku gahato.

Umwana w’umukobwa uyu mugabo ashinjwa gufata ku ngufu afite imyaka 13 y’amavuko.

Nurudeen yavuze ko icyaha cyakozwe gihanishwa mu ngingo ya 141 na 137 z’amategeko ahana ya Leta ya Lagos 2015.

Umushinjacyaha wa polisi Nurudeen avuga ko yakatiwe iminsi 30 y’igifungo isubitse mugihe hagitegerejwe umwanzuro w’ubushinjacyaha kuri dosiye y’uregwa.

Umucamanza Nwaka ntiyakiriye ikirego cy’uregwa ariko ategeka ko rugomba gusubirwamo yemeza ko urubanza rwimuriwe ku ya 19 Kamena 2023.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago