IMIKINO

FERWAFA yemeye ko yagize uburangare isaba imbabazi Abanyarwanda nyuma yuko ‘Amavubi’ atewe mpaga

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rimaze gusaba imbabazi Abanyarwanda bitewe n’amakose yakozwe byatumye ikipe ya Bénin iyitera mpaga y’ibitego 3-0 mu gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika.

FERWAFA yiseguse ku Banyarwanda nyuma y’uko CAF ihanye u Rwanda kubera amakosa yo gukinisha umukinnyi Muhire Kevin wari ufite amakarita abiri y’umuhondo mu mukino wo kwishyura.

Uwo mukino u Rwanda rwahaniwe n’uwo yari yakiriyemo Bénin kuri Kigali Pele Stadium warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1 tariki 29 Mata 2023.

Ikipe ya Bénin yareze u Rwanda nyuma y’amakarita abiri Muhire Kevin yari yabonye ku mukino wa Mozambique ndetse n’uwo Bénin yari bakiriyemo Amavubi.

Mu butumwa banyujije ku mbuga nkoranyambaga za FERWAFA bavuze ko biseguye kandi bakaba basaba imbabazi Abanyarwanda bose muri rusange kubera uburangare bwabaye mu mitegurire y’Ikipe y’Umupira w’Amaguru y’Abakuru ‘Amavubi’, kugera aho byayiviriyemo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi utari wemerewe gukina ku mukino Amavubi yakiriyemo ikipe y’Igihugu ya Bénin i Kigali.

Ni muri urwo rwego uwarushinzwe uwari ushinzwe imicungire n’imitegurire y’ikipe y’Igihugu Bwana Rutayisire Jackson yahagaritswe ku mirimo ye yarashinzwe. 

Iri shyirahamwe rifugga ko rikomeza gukurikirana n’abandi babigizemo uruhare kugira ngo abibazwe.

Ndetse bemera ko amakosa atazongera kubaho ukundi.

FERWAFA itangaje ibi nyamara hari amakuru yari yabanje gutangazwa ko Rutayisire Jackson ubwe yamaze gusezera ku mirimo ye bikaba byakekwaga kuba atarakoze inshingano ze nkuko yabisabwaga.

Christian

Recent Posts

Hamenyekana icyatumye Karim Benzema ajya gukinira shampiyona yo muri Arabia Saudite

Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…

15 minutes ago

Amerika yahagaritse inkunga ya gisirikare ku gihugu cya Ukraine

Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…

2 hours ago

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

4 hours ago

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

1 day ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

1 day ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

1 day ago