Mu gihugu cya Uganda haravugwa umupolisi warashe mugenzi we kugeza apfuye wari umusirikare mu ngabo za UPDF.
Umupolisi witwa PC Opio Charles ufite nomero y’akazi, NO.50158 akaba akorera i Mbarara, yarashe umusirikare witwa CPL Yeremiah Paper, wo mu gisirikare cya Uganda, UPDF ahagana mu masaha ya Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Uyu musirikare yakoreraga mu ishami rya Polisi (Ruhengyere Engineering Brigade) riri hafi ya Banki ikorera muri Mbarara.
Polisi ivuga ko amakuru ya mbere avuga ko uwo mupolisi yabanje guterana amagambo n’umusirikare bivamo kumurasa.
Itangazo rivuga ko uriya ukekwaho kurasa umusirikare yatawe muri yombi, akaba afungiye i Mbarara, ndetse n’imbunda yakoresheje yayambuwe.
Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe mu buruhukiro bw’ibitaro bya Mbarara.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…