MU MAHANGA

Davido yongereye amasezerano n’uruganda rwa Sony Music

Umuhanzi David Adeleke wamamaye nka Davido mu muziki akaba akomoka mu gihugu cya Nigeria yasinyanye amasezerano n’uruganda rwa Sony Music ruzwiho gukorana n’ibyamamare bikomeye ku Isi.

Ibyishimo bikomeje gusanganira uyu muhanzi watsindiye ibihembo mpuzamahanga byinshi bitandukanye abikesheje ibikorwa bye bya muzika.

Davido yongeye gushyira umukono ku masezerano yo gukorana n’uruganda rwa Sony Music bikaba bivugwa ko yahawe akayabo kaza miliyoni y’amadorali y’Amerika kugira ngo abashe gukorana n’uru ruganda rukomeye ku Isi mu gutunganya umuziki. 

Kongera amasezerano byemejwe n’umuririmbyi ubwe n’umuhagarariye mu by’amategeko, BFA & Co Legal firm mu myanya itandukanye aho yabisangije abinyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri wa gatanu, 19 Gicurasi 2023.

Gutangaza ibyo bikurikiye andi makuru yaramaze gutangaza y’umuzingo (album) we yise ‘Timeless’ ukomeje gukora amateka ku Isi, nyuma yo kuyishyira hanze tariki 31 Werurwe 2023, ukaba umaze kumvwa n’abarenga miliyari ku mbuga zicururizwaho imiziki ku Isi.

Aha kandi yanagaragaje ibihugu agomba gukoreramo ibitaramo abizenguruka hirya no hino.

Ikigo cya Sony Music Entertainment kandi ifitanye imikorere na RCA Records, Colombia Records, Epic Records n’izindi nyinshi.

Sony Music isanzwe ibarizwamo ibihangange mu ruhando rwa muziki aharimo Beyonce na SZA, umuraperi Future, n’abandi benshi.

Ikigo cya Sony Music Entertainment kandi ifitanye imikorere na RCA Records, Colombia Records, Epic Records n’izindi nyinshi.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

7 days ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago