Warning: getimagesize(): corrupt JPEG data: 18 extraneous bytes before marker in /home4/cmznuaqy/public_html/wp-content/plugins/accelerated-mobile-pages/includes/vendor/aq_resizer.php on line 139

Warning: getimagesize(): corrupt JPEG data: 18 extraneous bytes before marker in /home4/cmznuaqy/public_html/wp-content/plugins/accelerated-mobile-pages/includes/vendor/aq_resizer.php on line 150
DRC yareze u Rwanda mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa ICC - DomaNews.rw
MU MAHANGA

DRC yareze u Rwanda mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa ICC

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatanze ikirego mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha ICC, irega u Rwanda irushinja kuba ingabo z’u Rwanda zarinjiye mu gihugu cyabo zigahohotera abaturage ndetse zigasahura n’amabuye y’agaciro.

Advertisements

Ni ikirego cyatanzwe kuri uyu wa 23 Gicurasi, binyuze muri Minisiteri y’Ubutabera, ubwo Minisitiri Rose Mutombo usanzwe ari n’umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri, yashikirizaga ubushinjacyaha bwa ICC bwari buhagarariwe n’umushinjacyaha mukuru madame Mandiaye Niang, icyo kirego kirega u Rwanda.

Ubusanzwe uru rukiko rukorera i Lahe mu Buholandi. Mu birego byatanzwe kandi harimo ko bareze n’umutwe w’inyeshyamba wa M23, bawushinja gukorana n’ingabo z’u Rwanda, ndetse bakazishinja no kubaha ibikoresho.

Leta ya Kinshasa mu kirego yatanze, yasabye ICC gutangiza iperereza ku bo yise ihuriro rigizwe na M23 na RDF ivuga ko bamaze igihe bakorera ubwicanyi mu Burasirazuba bwa DRC ndetse bakanahasahura amabuye y’agaciro menshi.

Iki gihugu cyasabye ICC gufatira ibihano M23 ndetse n’abayitera inkunga, ku byo bise ko bahonyora uburenganzira bwa muntu ku butaka bwa Congo, ibintu bavuga ko byakozwe mu myaka ya 2022-2023.

Gusa Congo yareze u Rwanda muri uru rukiko mu gihe rusanzwe rutari umunyamuryango wa ruriya rukiko, bijyanye no kuba rutari mu bihugu 122 byasinye amasezerano ya Roma yo mu 1998 arushyiraho.

Leta ya Kigali yanze kwinjira muri ruriya rukiko nyuma yo kunenga imikorere yarwo, bijyanye no kuba rwarakunze kwibasira abanyafurika gusa.

Leta y’u Rwanda kugeza ubu nta cyo iratangaza ku kirego yarezwemo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko kenshi rwagiye rwitandukanya n’ibyo rushinjwa n’igihugu cya DRC ko ibibazo byayo bidakwiriye kubera umutwaro igihugu cy’u Rwanda ahubwo bakwiriye kwishakamo ibisubizo.

Ni mugihe u Rwanda rukomeza gushinja Congo gukorana n’imitwe y’itwaje intwaro mu mashyamba yo mu Burengerazuba barimo n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago