RWANDA

Asaga Miliyoni 700 Frw amaze gutangwa mu kugoboka abagizwe n’ingaruka y’ibiza

Mu itangazo ryanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga rya Minisiteri Ishinzwe Imicungire y’Ibiza (MINEMA) ryagaragaje ko asaga miliyoni 700 y’amafaranga y’u Rwanda ariyo amaze gutangwa n’abagiraneza mu kugoboka n’abahuye n’ibiza.

Ubu butumwa kandi bwaherekejwe no gushimira abanyarwanda n’imiryango itandukanye ikomeje kwitanga bagoboka n’abahuye n’ibiza biherutse gushegesha benshi.

Minisiteri Ishinzwe Imicungire y’Ibiza (MINEMA) yerekanye ko asaga miliyoni 700 Frw ariyo amaze gutangwa mugihe ubutabazi bugikomeje.

Muri ubwo butumwa bagize bati “Turashimira Abaturarwanda, amasosiyete, ibigo bitandukanye, Abanyarwanda baba mu mahanga n’inshuti z’u Rwanda bakomeje gutanga inkunga yo gutabara abahuye n’ibiza byo ku wa 2-3 Gicurasi.”

Minema yatangaje ko imaze kwakira Miliyoni zirenga 600 frw yanyujijwe kuri konti ya banki, Miliyoni zirenga 35 Frw yanyujije kuri terefone ndetse n’arenga ibihumbi 37 $ by’amadorali y’Amerika.

Ibiza byibasiriye intara y’iburengerazuba, amajyaruguru niy’amajyepfo yangije ibikorwa byinshi by’abaturage birimo ibikorwaremezo, ndetse byambura n’ubuzima abantu 135.

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza ko izakenera Miliyari zisaga 30 mu kubakira no gufasha gusubiza mu buzima busanzwe abagizweho ingaruka n’ibi biza byabaye mu ijoro ryo kuwa 02 rishyira kuya 03 Gicurasi 2023.

Abasenyewe n’ibyo biza benshi bagiye bashyirwa mu nkambi ziri mu bice bitandukanye kugira ngo barebe ko babona uko babitaho ku buryo bworoshye.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago