MU MAHANGA

Pasiteri n’umugore we bibarutse umwana wa mbere nyuma y’imyaka 20 (AMAFOTO)

Pasiteri Iyke Ezekieli n’umugore we Doris Ezekieli, bibarutse umwana w’umukobwa nyuma y’imyaka 20 bashakanye.

Advertisements

Uyu muryango usanzwe ukorera umurimo w’ubuvugabutumwa mu gihugu cya Nigeria, bafite amashime akomeye Imana yabakoreye nyuma y’imyaka myinshi bategereje umwana.

Uyu muyobozi mukuru w’Itorero ry’Imana riherereye i Lagos, Pasiteri Ynka Yusuf n’umugore we Rose Yusuf nibo basangije inkuru nziza y’uwo muryango babinyujije ku rubuga rwa Facebook, ni nyuma yo kwakira uwo mwana w’uwo muryango mu birori byabaye ku Cyumweru, tariki 21 Gicurasi 2023.

Yanditse agira ati “Nyuma y’imyaka 20 bategereje urubyaro, Imana yahaye umugisha umwana wanjye nkunda umushumba Lyke Ezekiel w’Itorero ryacu rya Abuja n’umugore we mwiza Doris Ezekiel n’umwana wabo mwiza cyane kandi nanjye narimpari Abuja muri icyo gitondo cyo kwakira uwo mwana. Ibitangaza bihoraho iteka kandi nawe byakubaho.”

Ati “Mbega ibyishimo byo kwakira umwuzukuru w’umukobwa akaba umwana wa Pasiteri Lyke n’umugore we Doris nyuma y’imyaka 20 bategereje! Imana yacu ni Imana yo kwizerwa, n’ubwo udafite ubuhamya si uko Imana yakwibagiwe ahubwo ni uko Imana nawe haricyo iri kugukorera, Imana yacu ntizigera inanirwa! Ibitangaza bibaho kandi bigenda bisimburana nimba umuturanyi wawe yishimye ishimane nawe, kuko nawe waba mu bakurikiwe mu bitangaza.” 

Undi mu bagize iryo torero, David Timothy na we yasangiye amafoto yavuye mu bitangaza byabaye.

Ati “Ni ibyo gushimira bikomeye ku bwa Pasiteri wanjye Lyke na Doris kubera ubwitange bwiza bw’umugisha w’Imana mu rugo rwabo. Itorero Household of Love Church ku Isi yose rirashima Imana ku bw’impuhwe zayo.”

AMAFOTO:

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago