Umuhanzikazi w’icyamamare Tine Turner yapfuye ku myaka 83.
Uyu muhanzikazi wafatwaga nk’umwamikazi w’injyana ya Rock & Roll yaguye mu rugo iwe, aho yaratuye mu gihugu cy’Ubusuwisi kuri uyu wa gatatu tariki 24 Gicurasi 2023.
Bivugwa ko uyu yapfuye nyuma y’indwara yaramaranye igihe.
Mu itangazo ryagiye hanze n’abagize umuryango we bagize bati “’Tina Turner, ‘Umwamikazi wa Rock’n Roll’ yapfuye mu mahoro uyu munsi afite imyaka 83 nyuma y’uburwayi yaramaranye igihe yari iwe i Küsnacht hafi ya Zurich, mu Busuwisi. Kuri we, Isi itakaza umunyabigwi mu muzika ndetse akaba yari umwe mu bareberwagaho.”
Icyakora cyo uyu muryango we ntiwatangaje indwara uyu muhanzikazi yaramaranye igihe.
Uyu muhanzikazi wavukiye muri Amerika yari umwe mu baririmbyi bakunzwe cyane b’abaririmbyi ba Rock, bitewe n’uko yagiye yamamara no kwitwara ku rubyiniro bikiyongera ku ndirimbo ze zakunzwe cyane zirimo nka The Best, Proud Mary, Private Dancer ndetse na What’s Love Got to Do with it.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…