IMYIDAGADURO

Tine Turner wafatwaga nk’umwamikazi w’injyana ya Rock yapfuye

Umuhanzikazi w’icyamamare Tine Turner yapfuye ku myaka 83.

Uyu muhanzikazi wafatwaga nk’umwamikazi w’injyana ya Rock & Roll yaguye mu rugo iwe, aho yaratuye mu gihugu cy’Ubusuwisi kuri uyu wa gatatu tariki 24 Gicurasi 2023.

Bivugwa ko uyu yapfuye nyuma y’indwara yaramaranye igihe.

Mu itangazo ryagiye hanze n’abagize umuryango we bagize bati “’Tina Turner, ‘Umwamikazi wa Rock’n Roll’ yapfuye mu mahoro uyu munsi afite imyaka 83 nyuma y’uburwayi yaramaranye igihe yari iwe i Küsnacht hafi ya Zurich, mu Busuwisi. Kuri we, Isi itakaza umunyabigwi mu muzika ndetse akaba yari umwe mu bareberwagaho.”

Umuhanzikazi Tina Turner yapfuye azize indwara

Icyakora cyo uyu muryango we ntiwatangaje indwara uyu muhanzikazi yaramaranye igihe.

Uyu muhanzikazi wavukiye muri Amerika yari umwe mu baririmbyi bakunzwe cyane b’abaririmbyi ba Rock, bitewe n’uko yagiye yamamara no kwitwara ku rubyiniro bikiyongera ku ndirimbo ze zakunzwe cyane zirimo nka The Best, Proud Mary, Private Dancer ndetse na What’s Love Got to Do with it.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago