POLITIKE

Perezida Kagame yakiriye uwamuzaniye ubutumwa bwa mugenzi we wa Ukraine

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, tariki 25 Gicurasi, Perezida Kagame yakiriye mu biro bye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine Dymtro Kuleba.

Advertisements

Dymtro Kuleba yashyikirije ubutumwa yahawe na Perezida Zelenskyy mugenzi w’u Rwanda Paul Kagame.

Aha kandi impande zombi zaganiriye ku ntambara ikomeje kubera muri Ukraine no gushakira umuti mu nzira y’amahoro igamije kurangiza iyo ntambara.

Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine Dymtro Kuleba

N’ubwo hatamenyekanye ubutumwa bwa Dymtro yazaniye Kagame, gusa bizwi ko Ukraine irimo kugerageza guhangana n’ijambo rinini n’umubano Uburusiya bufitanye n’ibihugu bya Afurika.

Mbere yaho, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta yari yakiriye mugenzi we wa Ukraine Dymtro basinyana amasezerano y’ubufatanye mu bya politiki.

Mu 2019 u Rwanda rwasinye amasezerano n’ikigo ROSATOM cya leta y’Uburusiya gishinzwe iby’ingufu za nikleyeri agendanye no kubaka ikigo cy’ibijyanye n’izi ngufu mu Rwanda.

Kuleba yatangaje ko yishimiye “ko u Rwanda rwifatanyije na Ukraine”, kandi ko Ukraine ishaka gukorana n’u Rwanda mu bucuruzi, iby’isanzure, uburezi n’ibijyanye n’imiti. Yavuze kandi ko Ukraine izafungura ambassade mu Rwanda.

Kuva kuwa kabiri, Kuleba ari mu ruzinduko rwe rwa kabiri mu bihugu bya Afurika, yaje mu Rwanda avuye muri Ethiopia na Maroc. Mu ruzinduko rwe agamije kandi kwizeza ibihugu bya Afurika ko Ukraine izakomeza kohereza ibinyampeke mu bihugu byo kuri uwo mugabane, nk’uko yabitangaje.

Minisitiri Dymtro yishimiye uko yakiriwe mu Rwanda

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago