MU MAHANGA

Perezida Tshisekedi yavuze ko agiye kwirukana ibisambo bibarizwa mu gisirikare cye

Perezida Tshisekedi kuri uyu wa Kane yahuye n’Abanye-Congo biga n’abandi baba mu Murwa Mukuru w’u Bushinwa, Beijing.

Ni mu ruzinduko rw’akazi yagiriye muri kiriya gihugu yatangiye muri iki Cyumweru.

Mu byo Tshisekedi yagarutseho harimo intambara igihugu cye kimaze iminsi gihanganyemo n’umutwe wa M23, aho uwo mutwe wagiye wigarurira uduce dutandukanye udukuye mu maboko y’ingabo za Leta.

Tshisekedi yavuze ko igihe kigeze ngo yirukane ibisambo biri mu gisirikare ndetse n’abandi badafite umutima wo kurwanirira igihugu.

Perezida Tshisekedi yiyemeje kurandura ibisambo mu gisirikare cye

Ati “Igihe kirageze ngo twitandukanye n’ibisambo biri mu ngabo zacu ndetse n’abadafite imyitozo ihagije ku buryo badashobora kurengera igihugu n’abaturage.”

Congo ni kimwe mu bihugu bya Afurika bifite umubare mwinshi w’abasirikare ariko bayobowe nabi, barangwa na ruswa n’ibindi bibazo birimo kudahemberwa igihe.

Tshisekedi ajya ku butegetsi yavuze ko imbaraga nyinshi azazishyira mu kuvugurura igisirikare ariko bisa n’aho nta musaruro ugaragara byatanze kuko ibibazo birimo umutekano muke mu Burasirazuba bw’igihugu byarushijeho kwiyongera, nubwo muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri hashize imyaka ibiri hashyizweho ibihe bidasanzwe n’abayobozi ba gisirikare.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago