MU MAHANGA

Umugabo yatewe n’abajura bamwambura telefone bamuca n’akaboko

Umubyeyi w’abana babiri, Abubakar Saeed, yavuze uburyo abashimusi bamutwaye terefone bakamutemye ukuboko muri Leta ya Kaduna mu gihugu cya Nigeria.

Advertisements

Amakuru y’ibanze yatangajwe avuga ko umugabo witwa Saeed, warusanzwe ukora ubucuruzi w’imitako, yagabweho igitero yicaye imbere y’umuryango we ku muhanda wa Musa Danbade i Rigasa, Igabi LGA mu kwezi gushize.

Aganira na Daily Trust, dukesha iy’inkuru Saeed yavuze ko yari mu cyumba ari kumwe n’umugore we ndetse n’abana be ubwo amashanyarazi yagendaga maze agahitamo kujya hanze kugura akantu kica imibu. Nyuma ariko yaje kugaruka kwicara imbere y’inzu ye kugira ngo agire icyo avuga kuri Eid al-Fitr abinyujije ku rubuga rwe rwa Facebook.

Ati: “Nari nicaye nsubiza bimwe mu bitekerezo byaba bamwe ku nyandiko yanjye nari nashyize kuri Facebook nibwo natunguwe no kumva umuntu akubita ukuboko kwanjye. Natekereje ngira ngo ni inkoni, nuko nirukanzemo imbere, mbona ko ukuboko kwanjye kwaciwe. Nahamagaye Mama, mubwira ko ukuboko kwanjye ko guciwe n’abajura”.

Yavuze ko atashoboraga kwiyumvisha ibyamubayeho kuko umubiri we wari wuzuye amaraso mbere yuko ajyanwa mu bitaro byigenga avuye aho yimuriwe mu bitaro bya gisirikare 44.

Bivugwa ko abateye uwo mugabo bari mu rubyiruko ruri mu kigero cy’imyaka 20 y’amavuko kandi bakaba bashobora kuba atari abakure naho atuye ariko bakaba batari bake.

Yavuze ko atigeze ahura n’abamuteye nubwo akeka ko ari abo muri ako gace ba baturanyi.

Kwamburwa telefone ngendanwa muri aka gace ngo ntabwo ari inkuru, kuko n’abaturage benshi bagiye bagwa muri iki cyaha mu mezi ashize.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago