MU MAHANGA

Umubyeyi n’abana be babiri basanzwe bapfiriye mu iduka

Polisi yo mu Mujyi wa Lagos mu gihugu cya Nigeria yatangiye gukora iperereza ku rupfu rw’umubyeyi n’abana be babiri basanzwe bapfiriye mu iduka.

Ibi byago byabereye hafi yahitwa PPL, agace ka leta ya Ijagun Okokomaiko. 

Icyakora cyo amakuru avuga ko abishwe batahise bamenyekana imyirondoro yabo. Bivugwa ko imirambo yabo yatahuwe nyuma y’iminsi ibiri bapfuye.

Ni mu gihe bamwe mu baturage bakeka ko nyuma yo kubona umwotsi w’imashini itanga umuriro (generator) ari yo nyirabayazana w’urupfu rw’abo bantu, abandi ariko bakaba bakeka ko ari amarozi.

Umwe mu baturage baturiye ako gace wagize icyo avuga ariko akaba atashatse ko izina rye ritangazwa, ati “Kuwa gatanu umugore yikingiranye mu iduka arikumwe n’abana be imashini itanga umuriro icanye. Kuwa gatandatu umwe mu baturage ngo yanyuze kuri iryo duka abona rifunze kandi iyo mashini icanye. Kuwa mbere bamwe batangiye kugira amakenga n’ubwoba nyuma yuko iduka rimaze igihe rifunze. Nyuma yaho umugabo yaje kwinjira muri iryo duka asanga umurambo w’umugore we n’abana be babiri. Iyi mibiri y’abapfuye ngo yatahuwemo imbere mu iduka hafi y’iyo mashini ya generator.”

Abayobozi b’inzego z’ibanze za Ojo nyuma binjiye bakura imirambo mu iduka.

Umuvugizi w’ubuyobozi bwa polisi y’igihugu, SP Benjamin Hundeyin, yemeje ibyabaye avuga ko byabaye mu cyumweru gishize.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

12 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

13 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

13 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

13 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago