INKURU ZIDASANZWE

Musanze: Umugabo yishwe akubiswe inkoni

Umugabo witwa Maniraguha Théoneste,w’imyaka 36 wo mu Kagari ka Songa, Umurenge wa Muko mu Karere ka Musanze, yakubiswe n’abataramenyekana birangira apfuye.

Advertisements

Urupfu rwa Maniraguha rwamenyekanye mu gitondo cyo ku itariki 28 Gicurasi 2023, aho ngo yageze ku mugore we mu ijoro rishyira iyo tariki yakomeretse cyane, ariko ntibagira icyo babikoraho baricecekera aho kujya kwa muganga.

Maniraguha yajyanwe ku bitaro bya Ruhengeri ku munsi wakurikiyeho yanegekaye, aza guhita ashiramo umwuka.

Amakuru avuga ko mu bakekwaho gukora uru rugomo harimo inshoreke ye yaba yarafatanyije n’umugabo witwa Ngayinteranya Joseph.

Bivugwa ko muri iryo joro nyakwigendera yakubitiwemo ngo yari aturutse kuri iyo nshoreke ye.

Umugore wa nyakwigendera n’iyo nshoreke ye bahise batabwa muri yombi aho bakekwaho kuba inyuma y’urupfu rwe, mu gihe Ngayinteranya Joseph we yahise atoroka, akaba agishakishwa n’inzego z’umutekano.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muko, Bisengimana Janvier, yemeje iby’uru rupfu, avuga ko yakubiswe n’abataramenyekana.

Manirakiza Théoneste yashyinguwe kuri uyu wa kabiri, tariki 30 Gicurasi 2023.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago