RWANDA

Col Ruhunga na Kalihangabo ba RIB bongerewe indi Manda na Perezida w’u Rwanda

Perezida Paul Kagame yongereye indi manda ya kabiri Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, Col (Rtd) Ruhunga Jeannot n’Umunyamabanga Mukuru Wungirije Kalihangabo Isabelle, bakaba bagiye kongera kuyobora indi myaka Itanu.

Ni icyemezo bigaragara ko cyafashwe bisabwe na Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, ndetse byemezwa n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 24 Werurwe 2023, imaze kubisuzuma.

Undi wongerewe manda mu gihe kimwe ni Burayobera Umuzayire Bibiane, Visi Perezida
wa Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko.

Ingingo ya 20 y’itegeko rishyiraho RIB, iteganya ko Umunyamabanga Mukuru n’Umunyamabanga Mukuru wungirije bagira manda y’imyaka itanu ishobora kongerwa rimwe gusa.

Tariki ya 9 Mata 2018 nibwo Perezida Kagame yashyizeho Col. Ruhunga nk’Umunyamabanga Mukuru wa RIB naho Kalihangabo Isabelle agirwa Umunyamabanga Mukuru Wungirije warwo.

Col Ruhunga na Kalihangabo nibo bayobozi ba mbere RIB yagize kuva yashyirwaho n’itegeko muri Mata 2017, icyo gihe ikaba yarahawe inshingano zo kugenza ibyaha, mbere zabarizwaga muri Polisi y’u Rwanda.

Mu nshingano zayo harimo gukumira no kubuza ikorwa ry’ibyaha binyujijwe mu gushakisha no gukora iperereza ku bikorwa byose bifatika cyangwa mu ikoranabuhanga; no gukora iperereza rigamije gushakisha, guhagarika no kuburizamo ibyaha biri gukorwa cyangwa ibyaha bishya n’udutsiko dukora ibikorwa bihungabanya cyangwa bishobora guhungabanya igihugu, abantu n’imitungo.

Harimo kandi gushyiraho no gushyira mu bikorwa ingamba zigamije kurwanya iterabwoba no gukora iperereza rijyanye na ryo mu rwego rwo kurirwanya, gushyiraho no gucunga mu buryo bw’ikoranabuhanga amakuru ajyanye n’iperereza hagamijwe kugira ububiko bw’amakuru yagenderwaho mu gushyiraho politiki na porogaramu zijyanye n’ubutabera.

Iteka rya Perezida ryo ku wa 26 Gicurasi 2023 niryo rigaragaza ko Col. Ruhunga na Kalihangabo bongerewe manda. Ryasohotse mu igazeti ya Leta yo ku wa 30 Gicurasi 2023.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago