Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari mu banyacyubahiro bitabiriye ibirori by’ubukwe bw’Igikomangoma cya Jordania Al Hussein bin Abdallah na Raja Al-Saif.
Ni umuhango wabaye kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa kane, tariki 1 Kamena 2023 mu gihugu Jordania mu Mujyi wa Amman.
Ni ibirori kandi byabimburiwe no gusezerana imbere y’amategeko mu ngoro ya Zahran hakurikiraho igikorwa cyo kwakira abitabiriye ibirori bikaba byabereye mu ngoro ya Al Hussein.
Ibiro by’ubukwe bw’iki gikomangoma byitabiriwe n’abamwe mu bantu bakomeye barimo n’igikomangoma cya Wales Williams hamwe na mushiki we Kate bakomoka mu muryango w’Ubwami bw’Ubwongereza.
N’ibirori kandi byitabiriwe n’umugore wa Perezida wa Amerika Jill Biden wari wabukereye arikumwe n’umukobwa we Ashley Biden.
Abahagarariye ibihugu byabo n’inshuti z’umuryango ni bamwe mu benshi bitabiriye ubukwe bw’iki gikomangoma bwitabiriwe n’abantu mbarwa.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…