INKURU ZIDASANZWE

Byatangiye kuba bibi! DR Congo yatangiye kwigisha abana bayo kwanga u Rwanda (AMASHUSHO)

Ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye hakomeje gucicikana amashusho y’abana b’abanyeshuri b’abanyekongo, bambaye impuzankano y’ishuri, bigaragara ko bari ku ishuri, barimo gusubiramo amagambo ashimangira ko banga igihugu cy’u Rwanda na Uganda.

Advertisements

Iryo tsinda ry’abanyeshuri ubona bari mu kigero cy’imyaka iri hagati y’umunani na 13 bavuga amagambo yumvikanamo kwanga u Rwanda kandi bakabikorera bisa ngaho babyandikiwe n’abarimu babo.

Gahunda yo gukwirakwiza urwango muri RDC, isa n’iyafashe indi ntera muri iyi minsi bijyanye n’ibitero bya M23, aho icyo gihugu kivuga ko uyu mutwe ugizwe n’abanyarwanda, ndetse ko urwana ufashijwe n’Ingabo z’u Rwanda, ibirego u Rwanda rutahwemye kugaragaza ko bidafite ishingiro.

Uru rwango rwakwirakwije mu gihugu rwatumye abo mu  bwoko bw’Abatutsi bakomeza kwicwa no guhohoterwa ku buryo bukomeye aho benshi bagiye babatabariza bemeza ko bari gukorerwa Jenoside.

Mu magambo aba bana b’abanyeshuri basubiragamo,humvikanamo umwe mu bakobwa bato  abaza bagenzi be aho buri wese aturuka.

Mu ruziga runini bari bakoze bagenda bahererekanya amagambo, hagati yarwo harimo umuhungu muremure wari uhagarariye RDC. Buri mwana yavugaga igihugu ahagarariye, umwe akaba ahagarariye Angola, Sudani y’epfo, undi Tanzania, Congo-Brazzaville, Burundi, u Rwanda, Uganda, Zambia gutyo gutyo.

Uwabazaga amaze kubahetura ababaza ibihugu bahagarariye, yakomeje abaza wa muhungu muremure wari uhagaze hagati( ugereranya DRC) igihugu cyangwa ibihugu abona ko ari umwanzi we undi asubiza ko ari u Rwanda na Uganda.

Yarahindukiye abaza umwana wari uhagarariye u Rwanda n’uwari uhagarariye Uganda impamvu batera DRC, abandi basubiza ko bayitera kubera ko ikize ariko bo bakaba bakennye.

Ni ibintu ubona abari ku ruhande barimo abakuru n’abato barimo kubyogeza, ku buryo n’abana babivuga bashize amanga ndetse banabivuga neza nk’ababitojwe.

Na mbere y’uko aya mashusho asohoka, mu mezi ashize hari imvugo z’abanyapolitiki n’abasirikare ndetse n’abapolisi bakuru bavugaga ko banga u Rwanda urunuka, ndetse bamwe bakanashishikariza abaturage gufata intwaro bakikiza umwanzi (bavuga abavuga ikinyarwanda).

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago