INKURU ZIDASANZWE

Byatangiye kuba bibi! DR Congo yatangiye kwigisha abana bayo kwanga u Rwanda (AMASHUSHO)

Ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye hakomeje gucicikana amashusho y’abana b’abanyeshuri b’abanyekongo, bambaye impuzankano y’ishuri, bigaragara ko bari ku ishuri, barimo gusubiramo amagambo ashimangira ko banga igihugu cy’u Rwanda na Uganda.

Iryo tsinda ry’abanyeshuri ubona bari mu kigero cy’imyaka iri hagati y’umunani na 13 bavuga amagambo yumvikanamo kwanga u Rwanda kandi bakabikorera bisa ngaho babyandikiwe n’abarimu babo.

Gahunda yo gukwirakwiza urwango muri RDC, isa n’iyafashe indi ntera muri iyi minsi bijyanye n’ibitero bya M23, aho icyo gihugu kivuga ko uyu mutwe ugizwe n’abanyarwanda, ndetse ko urwana ufashijwe n’Ingabo z’u Rwanda, ibirego u Rwanda rutahwemye kugaragaza ko bidafite ishingiro.

Uru rwango rwakwirakwije mu gihugu rwatumye abo mu  bwoko bw’Abatutsi bakomeza kwicwa no guhohoterwa ku buryo bukomeye aho benshi bagiye babatabariza bemeza ko bari gukorerwa Jenoside.

Mu magambo aba bana b’abanyeshuri basubiragamo,humvikanamo umwe mu bakobwa bato  abaza bagenzi be aho buri wese aturuka.

Mu ruziga runini bari bakoze bagenda bahererekanya amagambo, hagati yarwo harimo umuhungu muremure wari uhagarariye RDC. Buri mwana yavugaga igihugu ahagarariye, umwe akaba ahagarariye Angola, Sudani y’epfo, undi Tanzania, Congo-Brazzaville, Burundi, u Rwanda, Uganda, Zambia gutyo gutyo.

Uwabazaga amaze kubahetura ababaza ibihugu bahagarariye, yakomeje abaza wa muhungu muremure wari uhagaze hagati( ugereranya DRC) igihugu cyangwa ibihugu abona ko ari umwanzi we undi asubiza ko ari u Rwanda na Uganda.

Yarahindukiye abaza umwana wari uhagarariye u Rwanda n’uwari uhagarariye Uganda impamvu batera DRC, abandi basubiza ko bayitera kubera ko ikize ariko bo bakaba bakennye.

Ni ibintu ubona abari ku ruhande barimo abakuru n’abato barimo kubyogeza, ku buryo n’abana babivuga bashize amanga ndetse banabivuga neza nk’ababitojwe.

Na mbere y’uko aya mashusho asohoka, mu mezi ashize hari imvugo z’abanyapolitiki n’abasirikare ndetse n’abapolisi bakuru bavugaga ko banga u Rwanda urunuka, ndetse bamwe bakanashishikariza abaturage gufata intwaro bakikiza umwanzi (bavuga abavuga ikinyarwanda).

Christian

Recent Posts

Ibyo wamenya ku ikipe y’u Rwanda na Senegal zigiye guhura zihatanira itike y’igikombe cy’Afurika (Afrobasket2025)

Ikipe y'u Rwanda irakina na Senegal, mu mukino wa mbere wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika…

2 days ago

Guverinoma y’u Rwanda yanenze Amerika ibihano yafatiye Gen (Rtd) Kabarebe

Ku wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, Amerika yemeje ko yafatiye Gen (Rtd) James Kabarebe…

2 days ago

Umuvugizi wa M23 Col. Willy Ngoma yagize icyo avuga kuri Makanika wishwe na FARDC

Nyuma y'uko Col. Michel Rukunda waruzwi nka Makanika wagiye aharanira uburenganzira bw'Abanyamulenge yishwe n'igisirikare cya…

2 days ago

AMAFOTO: Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye imbere y’amategeko

Kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, nibwo Musengamana Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda…

3 days ago

Col. Makanika yishwe agabweho igitero n’igisirikare cya Congo (FARDC)

Col Michel Rukunda uzwi nka Makanika wari uyoboye umutwe wa Twirwaneho yishwe n'igisirikare cya Repubulika…

3 days ago

Hatangiye gutegurwa ikiriyo cya Papa Francis akiri muzima

Vaticani iri gutegura umuhango wo gusezera kuri Papa Francis nyuma y’uko bivugwa ko ubuzima bwe…

3 days ago