MU MAHANGA

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya mugenzi we wa Turukiya-AMAFOTO

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yageze mu gihugu cya Turukiya, aho azifatanya n’abandi bayobozi bakuru bitabiriye irahira rya Perezida Recep Tayyip Erdogan.

Ni umuhango uteganyijwe kuba kuri uyu wa gatandatu tariki 3 Kamena 2023, mu Mujyi wa Ankara. Ni umuhango uteganyijwemo abandi bakuru b’ibihugu bakomeye ndetse n’abahagarariye ibihugu byabo bazaza kwifatanya muri ibyo birori.

Perezida Kagame yageze muri Turukiya ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, akaba azitabira irahira rya mugenzi we Erdogan uherutse kongera gutorerwa kuyobora Turukiya mu myaka itanu iri mbere.

Perezida Kagame yamaze kugera muri Turukiya

Ku cyumweru tariki 28 Gicurasi 2023, nibwo Perezida Erdogan yongeye gutsinda mu matora yo kongera kuyobora igihugu cya Turukiya.

Erdogan yatsindiye ku majwi ya 52% mu matora yo kwiyamamariza umwanya wo kuyobora Turukiya.

Igihugu cya Turukiya gisanzwe gifitanye umubano wihariye n’u Rwanda aho mu mpera z’uyu mwaka byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego zirimo ubutwererane rusange, umuco na siyansi, ikoranabuhanga na inovasiyo.

Mu mwaka 2012 kandi u Rwanda na Turukiya byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu iterambere harimo gushyiraho za Ambasade mu bihugu yombi, kurwanya iterabwoba n’ibyaha byambukiranya ibihugu ndetse n’inzego z’ishoramari. 

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya mugenzi we Erdogan uherutse kongera gutorerwa kuyobora Turukiya

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago