INKURU ZIDASANZWE

Senegal: Baburiye ubuzima mu myigaragambyo yatejwe n’abatiyumvisha ikatirwa ry’utavuga rumwe na Leta

Umunyapolitiki Ousmane Sonko utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Sénégal, yakatiwe gufungwa imyaka ibiri azira gushuka umwana w’umukobwa, ibintu byahise biteza imyigaragambyo mu gihugu abantu bigabiza imihanda ahamaze kugwamo abagera ku Icyenda.

Ousmane Sonko uhagarariye abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yakatiwe gufungwa imyaka ibiri, nyuma yo gushinjwa gusambanya umukobwa w’imyaka 20 wakoraga muri ‘salon’ bogosheramo, uvuga ko Sonko yamushutse bakaryamana inshuro eshanu amusezeranya pasiporo y’abadipolomate, kumujyana mu mahanga n’amafaranga.

Sonko ni umwe mu batavuga rumwe na Leta bari baramaze gutangaza ko baziyamamaza mu matora ya Perezida ateganyijwe mu 2024, abigaragambya bakaba bavuga ko yafunzwe kugira ngo bamwikize maze ntazahangane na Perezida Macky Sall, w’imyaka 61 ushaka kwiyamamariza manda ya 3.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Antoine Diome, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru mu ijoro ryo ku wa kane, nyuma yuko uwo munsi wari waranzwe n’urugomo mu bice bitandukanye by’igihugu, yemeje ko hari abamaze kugwa muri iyi myigaragambyo, benshi bakaba bakomeretse.

Minisitiri Diome yanavuze ko imbuga nkoranyambaga nka Facebook na WhatsApp zabaye zihagaritswe mu gihugu.

Sonko w’imyaka 48 wakatiwe adahari, yagaragaje ko ibyaha ashinjwa ari ibihambano bigamije kumwanduriza isura, nyuma y’uko atangarije ko aziyamamaza.

Mu rukiko uyu mugabo utavuga rumwe n’ubutegetsi ntiyahamwe n’icyaha cyo gufata ku ngufu, ahubwo yahamijwe icyaha cyo kugira imyitwarire maze ahanishwa igifungo cy’ imyaka ibiri.

Christian

Recent Posts

Abashatse kwivugana Turahirwa Moses bikabapfubana bafashwe na Polisi

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho guhohotera Turahirwa Moses washinze…

10 hours ago

John Legend yasubije abari bamushyizeho igitutu ngo ntataramire mu Rwanda

Umuhanzi w'icyamamare John Legend, wari washizweho igitutu cyo guhagarika gukorera igitaramo i Kigali, yavuze ko…

18 hours ago

Umuvugizi wa M23/AFC, Kanyuka yabajije MONUSCO abakiri mu birindiro byabo ari bantu ki?

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko nta gitutu uyu mutwe wigeze ushyira ku ngabo…

19 hours ago

New Zealand: Minisitiri yeguye ku mirimo ye nyuma yo gushinjwa gukorakora umukozi

Minisitiri w’ubucuruzi muri New Zealand, Andrew Bayly yeguye ku mirimo ye nyuma yo gushyira ikiganza…

20 hours ago

Perezida Kagame yaganiriye na David Lappartient uyobora (UCI) uburyo Tour du Rwanda yazamurirwa urwego

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaganiriye na David Lappartient uyobora ishyirahamwe ry'umukino w'amagare ku Isi…

21 hours ago

Urwego rw’Igihugu rushinzwe igorora (RCS) rwungutse abakozi bashya barenga 500

Mu ishuri ry'Amahugurwa ry'Urwego rw'u Rwanda Rushinzwe Igorora RCS, riherereye mu Karere ka Rwamagana, habereye…

21 hours ago