Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cy’Amahoro umwaka 2022/2023 itsinze APR Fc wegukanye shampiyona y’u Rwanda.
Ni umukino wabereye kuri stade mpuzamahanga ya Huye, aho Rayon Sports yegukanye igikombe ku ntsinzi y’igitego 1-0.
Igitego kimwe rukumbi cyagaragaye mu mukino cyatsinzwe n’umukinnyi witwa Ndengahimana Eric ku munota wa 40 w’igice cya mbere.
Uyu mukino watangiye ukerereweho nkuko byari biteganyijwe kubera gukekanaho ibijyanye n’amarozi. Buri kipe yagiye ivugwa ko yarozwe ku myanya yari yabugenewe yo kwicaramo abakinnyi babasimbura.
Byatumye umukino utangira harenzeho iminota 25 ku isaha yari yateganyijwe ya Saa Cyenda zuzuye z’amanywa (15H00’).
Rayon Sports yarangije ku mwanya wa gatatu muri shampiyona y’u Rwanda yinjiye mu kibuga ishaka igikombe kubera ishaka kuzasohokera igihugu mu mikino ya CAF Confederation Cup.
Ikipe ya Rayon sports yinjiye mu mukino kare kurusha APR Fc ari nako ishaka igitego ariko bikanga, ku munota wa 40 w’igice cya mbere nibwo igitego cyabonetse gitsinzwe na myugariro Eric.
Ikipe yambara ubururu n’umweru yegukanye igikombe cya cumi cy’igikombe cy’Amahoro, n’igikombe yaherukaga mu mwaka 2016 ubwo yacyegukanaga intsinze APR Fc igitego 1-0 cyatsinzwe ku munota wa nyuma w’umukino n’umukinnyi Diarra.
Rayon Sports yegukanye igikombe yagenewe amafaranga angana na miliyoni 10 Frw.
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…