UBUZIMA

Abarenga 60 b’Abanyeshuri bajyanywe mu bitaro bazira uburozi

Bivugwa ko abakobwa b’abanyeshuri barenga 60 baturiye Amajyaruguru yo muri Afuganistani bajyanwe mu bitaro bitewe n’uburozi batewe mu ishuri.

Advertisements

Abayobozi bavuze ko nyuma yibyabaye abakobwa bajyanywe ku bitaro kugira ngo bitabweho kandi ubu bameze neza.

Uburozi bwibasiye ishuri ry’abakobwa mu ntara ya Sar-e Pol yo muri Afuganistani, buje nyuma y’igenzura rikomeye ryakoze mu burezi bw’abakobwa mu gihugu cyugarijwe n’intambara kuva abatalibani bagifata.

Abatalibani babujije abanyeshuri benshi b’abakobwa b’ingimbi kuva mu ishuri bakarenga icyiciro cya gatandatu kugeza muri kaminuza. Abagore kandi babujijwe kugera ahantu hateranira abantu benshi, harimo parike, n’uburyo bwinshi bwo kugora akazi.

Ibi bibaye nyuma y’ibitero by’uburozi byibasiye amashuri y’abakobwa muri Iran gisanzwe ari igituranyi.

Umuvugizi wa polisi ya Sar-e-Pol, Den Mohammad Nazari yagize ati: “Bamwe mu bantu batazwi binjiye mu ishuri ry’abakobwa … riherereye mu karere ka Sancharak .. maze banyanyagiza uburozi mu mashuri, ubwo abanyeshuri b’abakobwa binjira mu ishuri basanze barozwe.”

Icyakora cyo uwo muvugizi ntiyatangaje uburozi bwakoreshejwe n’abo bagizi ba nabi cyangwa nimba ariyo yabaye intandaro yibyabaye.

Nazari yaje kuvuga ko abo bakobwa b’abanyeshuri baje kujyanwa kwa muganga kugirango bitabweho kuri ubu ubuzima bwabo bukaba bukomeje kugenda neza.

Umuvugizi wa polisi yavuze ko kugeza kuri ubu nta muntu n’umwe wabigizemo uruhare kubyabaye wafashwe ngo abiryozwe.

Leta ya Afuganistani yagiye igaragara ishyigikiwe n’amahanga, habayemo ibitero byinshi by’uburozi, aho byinshi byakekwaga harimo na Gaz bikaba ari nabyo bikekwa kuri abo bakobwa bw’abanyeshuri.

Ubuyobozi bw’abatalibani bwabujije abanyeshuri benshi b’abakobwa kujya mu mashuri yisumbuye na kaminuza kuva yafata ubuyobozi mu 2021, ibintu byakomeje kwamaganira kure n’ibihugu by’amahanga n’Abanyafuganistani benshi.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago