Abana bakinira irerero ryigisha umupira w’amaguru rya PSG mu Rwanda begukanye igikombe cy’Isi batsinze Brezil mu batarengeje imyaka 13.
Ni irushanwa ritegurwa n’ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa mu bakiri bato, aho u Rwanda rwegukanye igikombe rutsinze ikipe ya Brezil y’abatarengeje imyaka 13.
Umukino wari warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1 hiyambazwa penaliti zaje guterwa neza ku ruhande rw’u Rwanda rugatsinda 4 kuri 3.
Uyu mukino wabereye kuri Stade ya Parc de Prince mu Mujyi wa Paris mu gihugu cy’Ubufaransa.
Mu mwaka washize abana batarengeje imyaka 13 bari begukanye n’ubundi iki gikombe cy’Isi gitegurwa na PSG.
Umwaka 2022, ikipe y’abana batarengeje imyaka 13 bari begukanye iki gikombe n’ubundi.
Mu nshuro zirindwi aya marushanwa ateguwe na PSG, u Rwanda ruyitabiriye inshuro ya kane rukaba rumaze kucyegukana inshuro ebyiri mu bana baterengeje imyaka 13.
Ni mugihe barumuna babo batarengeje imyaka 11 nabo begukanye iki gikombe cy’Isi ku nshuro ya mbere.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…