IYOBOKAMANA

Papa Francis agiye kubagwa

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi Papa Francis agiye kubagwa.

Amakuru yaturutse i Vatican kuri uyu wa gatatu tariki 7 Kamena, yemeje ko Papa Francis azabagwa amara yo munda mu bitaro by’i Roma kandi akazamara iminsi yitabwaho.

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi Papa Francis w’imyaka 86 yahatiwe guhagarika kenshi gukora imirimo myinshi mu mpera yo mu kwezi kwa Gicurasi, nyuma yuko ajyanwa kwa muganga kubera kugaragaraho umuriro, ni mugihe muri Werurwe yajyanywe mu bitaro akekwaho indwara ya bronchite ariko basanga yari ama antibiotic.

Papa Francis mu myaka ibiri ishize hari amakuru yuko yabazwe agace gato k’urura runini kari karamunzwe.

Bivugwa ko azabagwa atewe ikinya umubiri wose.

Umuvugizi wa Vatikani Matteo Bruni yijeje ukwitabwaho ku buzima bwa Papa ndetse ko azakira neza.

Usibye kubagwa amara mu myaka ibiri ishize, Francis yakuweho igice cy’ibihaha kimwe nyuma yo kurwara cyane umusonga akiri umusore.

Umwaka ushize, yagize ibibazo byo mu ivi bituma akoresha inkoni ngendanwa cyangwa rimwe na rimwe agakoresha igare ry’abafite ubumuga.

Mu gihe cyose Papa Francis yakomeza kugira ibyo bibazo byatera ikibazo gikomeye muri Kiliziya Gatolika kuko ubusanzwe nta mwungiriza afite wo kuri uwo mwanya.

Mu kiganiro yagiriye kuri Daily ABC cyo muri Espagne mu kwezi kwa 12, Papa Francis yari yavuze ko yateguye ibaruwa isezera kubera ibibazo by’ubuzima birimo no kumugara budateze gukira yagize nyuma yo gutorwa mu 2013.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

15 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago