Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi Papa Francis agiye kubagwa.
Amakuru yaturutse i Vatican kuri uyu wa gatatu tariki 7 Kamena, yemeje ko Papa Francis azabagwa amara yo munda mu bitaro by’i Roma kandi akazamara iminsi yitabwaho.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi Papa Francis w’imyaka 86 yahatiwe guhagarika kenshi gukora imirimo myinshi mu mpera yo mu kwezi kwa Gicurasi, nyuma yuko ajyanwa kwa muganga kubera kugaragaraho umuriro, ni mugihe muri Werurwe yajyanywe mu bitaro akekwaho indwara ya bronchite ariko basanga yari ama antibiotic.
Papa Francis mu myaka ibiri ishize hari amakuru yuko yabazwe agace gato k’urura runini kari karamunzwe.
Bivugwa ko azabagwa atewe ikinya umubiri wose.
Umuvugizi wa Vatikani Matteo Bruni yijeje ukwitabwaho ku buzima bwa Papa ndetse ko azakira neza.
Usibye kubagwa amara mu myaka ibiri ishize, Francis yakuweho igice cy’ibihaha kimwe nyuma yo kurwara cyane umusonga akiri umusore.
Umwaka ushize, yagize ibibazo byo mu ivi bituma akoresha inkoni ngendanwa cyangwa rimwe na rimwe agakoresha igare ry’abafite ubumuga.
Mu gihe cyose Papa Francis yakomeza kugira ibyo bibazo byatera ikibazo gikomeye muri Kiliziya Gatolika kuko ubusanzwe nta mwungiriza afite wo kuri uwo mwanya.
Mu kiganiro yagiriye kuri Daily ABC cyo muri Espagne mu kwezi kwa 12, Papa Francis yari yavuze ko yateguye ibaruwa isezera kubera ibibazo by’ubuzima birimo no kumugara budateze gukira yagize nyuma yo gutorwa mu 2013.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…