IMYIDAGADURO

Davido, Diamond Platnumz na Tiwa Savage bagiye gutaramira i Kigali

Bimwe mu byamamare bya muzika bimaze kubaka izina muri Afurika birimo David Adedeji Adeleke [Davido], Naseeb Abdul Juma Issack [Diamond Platnumz] na Tiwatope Savage [Tiwa Savage] bategerejwe i Kigali aho bazaririmba mu iserukiramuco rizaherekeza imikino ya ‘Giants of Africa Festival’.

Advertisements

Giants of Africa Festival izabera i Kigali mu Rwanda guhera tariki 13-19 Kanama 2023. Izafungurwa ku mugaragaro n’ibirori by’ibitaramo by’imbonekarimwe bizaririmbamo abahanzi banyuranye bo muri Afurika, imikino izahuza amakipe, abayobozi bakuru bazatanga ubutumwa n’ibindi binyuranye bishingiye ku kwidagadura.

Mu gihe cy’icyumweru kimwe cy’iyi mikino, hazaba guhatana kw’amakipe, aho hagati mu mukino hazajya haba haririmba umuhanzi watoranyijwe. Ubuyobozi bwa Giants of Africa Festival butangaza ko ‘hazaba hari abashyitsi b’imena ndetse n’abahanzi bazatungurana’.

Bagaragaza ko iyi mikino izasozwa n’igitaramo gikomeye cyo gususurutsa abantu banyuranye bazitabira iyi mikino. Giants of Africa Festival izaba kandi urubuga rwiza ku rubyiruko rwo mu Rwanda ruri hagati y’imyaka 20 na 30 ruzahabwa amahugurwa ajyanye no kwiteza imbere hashingiwe ku byo buri wese ashaka kwerekezamo.

Iyi mikino izanahuriza hamwe urubyiruko rurenga 250 mu bikorwa by’umuganda hagamijwe kurengera ibidukikije no kugira isuku. Abasore n’inkumi kandi bazahurira mu irushanwa rizasiga hamenyekanye uwegukanye ‘Giants of Africa Festival 2023’.

Ibi bitaramo bizaherekeza iyi mikino igamije kuzamura impano y’urubyiruko rwo muri Afurika mu mikino ya Basketball, bizanaririmbamo abahanzi bo mu Rwanda. Kandi bizitabirwa n’ibihugu birenga 16.

Amakuru agera ku InyaRwanda dukesha iy’inkuru yemeza ko Diamond Platnumz azaririmba mu gutangiza ku mugaragaro iyi mikino izabera mu nyubako y’imyidagaduro ya BK Arena.

Ni mu gihe Davido na Tiwa Savage bazaririmba mu gitaramo kizahereza iyi mikino izaba imaze icyumweru ibera mu Rwanda.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago