Mutezintare Gisimba Damas wabaye se w’imfubyi zisaga 600 yagiye arerera mu bihe bitandukanye mu kigo kitwa “Centre Memorial Gisimba” ari gusezerwaho bwa nyuma, mu muhango witabiriwe n’imbaga y’abantu, basazwe n’ishavu n’agahinda.
Mutezintare Gisimba Damas yitabye Imana ku myaka 62 azize uburwayi, Tariki ya 4 Kamena 2023.
Byari amarira n’agahinda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Kamena 2023, ku mbaga y’inshuti n’umuryango, abaciye mu biganza bya Gisimba n’abandi bitabiriye umuhango wo kumusezeraho bwa nyuma.
Ni umuhango wabanjirijwe no kujya gufata umurambo wari umaze iminsi 6 mu buruhukiro bw’ibitaro bya Nyarugenge biherereye i Nyamirambo ari nabyo yaguyemo, bakomereza mu rugo rwe kugira ngo asezerweho bwa nyuma.
Nyuma yo guzezerwaho bwa nyuma, umuhango wakomereje muri Kiliziya kuri Paruwasi Karoli Rwanda iherereye i Nyamirambo, ahari kubera igitambo cya Misa mu kumuherekeresha isengesho nk’umukirisitu.
Mutezintare Gisimba Damas asize ibigwi bidasanzwe aho yashinze ikigo cyarerewemo imfunzi zisaga 600, yise ‘Centre Memorial Gisimba’ giherereye mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge. Iki kigo cyarokokeyemo abasaga 400 mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.
Uyu mugabo yambitswe imidali itandukanye harimo uwo kugira uruhare mu kurwanya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ndetse akaba yarigeze kuba mu “Abarinzi b’igihango 17” bambitswe imidali bahabwa na “Certificat” y’icyubahiro mu ijoro ry’ubusabane ryo kuwa 06 Ugushyingo hari muri 2015, ryari ryitabiriwe na Perezida Kagame.
AMAFOTO: Inyarwanda
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…