Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye mu biro bye itsinda ry’abayobozi ba Volkswagen kuri iki gicamunsi.
Nk’uko babitangaje babinyujije ku rukuta Twitter rw’ibiro by’umukuru w’igihugu Village Urugwiro, bavuze ko Perezida Kagame yakiriye abo bayobozi ba Volkswagen bari mu Rwanda mu rwego rwo kwizihiza imyaka itanu y’ubufatanye hagati y’u Rwanda n’uru ruganda.
Uruganda rwa Volkswagen rusanzwe rukora imodoka zitandukanye, icyicaro gikuru cy’urwo ruganda rukaba ruherereye mu gihugu cy’Ubudage i Wolfsburg Basse-Saxe.
Perezida Kagame yakiriye itsinda ry’abayobozi bakorera Uruganda rwa Volkswagen mu byo baganiriye harimo n’umushinga wo gukora imashini zihinga zikoresha amashanyarazi zigenewe abahinzi.
Ni umushinga witezwe gukorerwa mu Karere ka Bugesera.
Byitezwe ko uwo mushinga uzatanga umusaruro ku buhinzi busanzwe bukorwa n’abahinzi bakoresha imashini z’amashanyarazi zakozwe n’uru ruganda mu buryo bwo gukora impinduka mu buhinzi hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Uruganda rwa Volkswagen rwafunguye ishami ryayo mu Rwanda mu kwezi kwa Kamena mu mwaka 2018, rukaba rukorera mu cyanya cyahariwe inganda i Masoro.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…