MU MAHANGA

RDC: Umutwe wa M23 wongeye kubura imirwano na Mai Mai, abaturage bashyira ubwoba

Umuyobozi ushinzwe ubuzima mu gace ka Bambo, Kasereka Mupira Zephirin aherutse kurasirwa iwe mu rugo ahita yitaba Imana, igikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyabaye mu ijoro ryo kuwa gatanu tariki 9 Kamena 2023.

Advertisements

Kubera iyo mirwano, abatuye mu bice bya Bukombo, Kabizo, Kitshanga bamaze guhunga bava mu byabo.

Iyo nsanganya yabereye Bambo, umujyi uri mu maboko y’igisirikare cya Leta ndetse n’inyeshyamba za Mai Mai.

Andi makuru avuga ko ugukozanyaho hagati y’umutwe wa M23 ndetse n’inyeshyamba za Mai Mai kwabaye no mu duce twa Bwito na Bwisha.

Indi mirwano yabaye kuwa Gatanu, yabaye no mu duce twa Busanza, mu Mudugudu wa Kabira, agace kari hafi y’umupaka wa Uganda. Amakuru avuga ko ari M23 yatewe n’umutwe wa Mai Mai.

Mai Mai yakozanyijeho na M23

Iki kibazo cy’umutekano muke cyarushijeho gukomera mu duce twa Bwito,Tongo. Aho umutwe wa M23 bivugwa ko ariwo wateye uwa Mai Mai. Uku gukozanyaho kwanabaye muri Lubweshi, Shonyi, Kavumu, Kitwayovu.

Ikinyamakuru Radio okapi.net kivuga ko M23 igifite bimwe mu birindiro byayo biri Mulimbi, Rusekera,Kanaba muri gurupema ya Tongo. Kubera iyo mirwano, ibikorwa bimwe biteza imbere abaturage byarahagaze.

Umutwe wa M23 wasabwe n’abakuru b’ibihugu bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba guhagarika imirwano ndetse ukarambika intwaro hasi.

Icyakora uyu mutwe wo uvuga ko wakoze ibyo wasabwe ariko wifuza ibiganiro n’umuhuza muri iki kibazo, Uhuru Kenyatta cyane ko leta ya Congo yo ivuga ko itajya mu biganiro n’umutwe yita uw’iterabwoba.

Leta ya Congo ishinja u Rwanda kuba inyuma ya M23, ibintu impande zombi zidahwema guhakana zivuye inyuma.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago