POLITIKE

RDC: Barindwi barimo abana bishwe n’inyeshyamba

Umutwe witwaje intwaro wa CODECO wagabye igitero ku birindiro by’Ingabo za Leta ya Congo, FARDC mu Ntara ya Ituri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gihitana abasivili barindwi.

Iki gitero CODECO yakigabye ku birindiro biherereye mu gace ka Djukoth mu Ntara ya Ituri, muri Teritwari ya Mahagi mu ijoro ryo kuwa Gatandatu tariki ya 10 Kamena 2023.

Abakozi b’Umuryango Mpuzamahanga utabara imbabare, ICRC, batangaje ko mu bantu barindwi bapfuye, harimo abana batanu n’abagore babiri, ndetse ubuyobozi bwo mu gace ka Mahagi bwatangaje ko “abarwanyi ba COCEDO bishe aba baturage mu buryo bwa kinyamaswa.”

Intara ya Ituri ni imwe mu zigize u Burasirazuba bwa RDC ikunda kumvikanamo ibitero by’imitwe yitwaje intwaro bihitana ubuzima bw’abaturage inshuro nyinshi.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago