UMUTEKANO

RDC: M23 ikomeje imirwano ikomeye iyihanganishije na Nyatura Abazungu ifatanyije na FDLR

Bamwe mu baturage baturiye Gurupoma ya Bashali-Mokoto ho muri teritwari ya Masisi, bakomeje guhangayikishwa n’intambara ikomeje gututumba hagati ya M23 na Nyatura.

Advertisements

Imboni ya Rwandatribune iherereye muri i Masisi, yavuze ko imirwano yatangiye mu gicuku cyo kuri uyu wa kane, ubwo abarwanyi ba M23 bagabaga igitero cyari kigamije gukumira abarwanyi ba Nyatura Abazungu bari bivanze na FDLR, bashakaga kwerekeza mu duce M23 iheruka kurekura muri Masisi kugirango bongere kutugenzura.

Abarwanyi ba Nyatura Abazungu bafatanyije na FDLR, bari bashinze ibirindiro mu duce twa Kasura na Kibarizo ho muri teritwari ya Masisi ,akaba ariho bateguriraga ibitero byo kujya kwiba inka z’Abatutsi izindi bagasiga bazishe.

Kugeza ubu Umutwe wa M23 ngo wabashije gusenya ibyo birindiro byari birimo abarwanyi benshi ba Nyatura Abazungu na FDLR baje gukizwa n’amaguru.

Ubu imirwano irakomeje aho Abarwanyi ba M23 ,bari kugerageza kwigizayo inyeshyamba za Nyatura Abazungu na FDLR baberekeza mu gace ka Gahira .

Iyi mirwano, ibaye mu gihe ejo kuwa 14 Kamena 2023, Tobirwakyo Kahangu Toby Umuyobozi wa Sosiyete Sivile ya Bashali ho muri teritwari ya Masisi, yatanze impuruza kuri FARDC avuga ko Umutwe wa M23, uri kohereza abarwanyi benshi n’intwaro zikomeye muri ako gace, baturutse muri Cheferi ya bwito ho muri teritwari ya Rutshuru.

Yakomeje avuga ko, bari gucengera berekeza mu gace ka Bashali,,aho bari gutegura kongera kubura imirwano no gukaza ibirindiro byabo muri teritwari ya Masisi.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago