IMIKINO

Michael Jordan agiye kugurisha imigabane myinshi muri Charlotte Hornets

Icyamamare muri Basketball, Michael Jordan yagiranye amasezerano yo kugurisha imigabane ye muri Charlotte Hornets, nyuma y’imyaka 13 amaze ariwe uyihagarariye mu kugira imigabane myinshi.

Advertisements

Ku wa gatanu, tariki ya 16 Kamena, Hornets Sports & Entertainment yemeje ko Jordan yagiranye amasezerano yo kugurisha imigabane ye myinshi muri Charlotte Hornets ahanganiyemo n’itsinda riyobowe na Gabe Plotkin na Rick Schnall ku gaciro ka miliyari 3 $.

Plotkin waguze imigabane mike muri iyi kipe mu 2019, yabaye guverineri usimbuye mu Nama y’Ubuyobozi ya NBA kuva mu 2019 kandi ni we washinze Tallwoods Capital LLC.

Mu mwaka 2010 Jordan yari yaguze imigabane muri iy’ikipe na Bob Johnson atanze hafi miliyoni 180 z’amadorali y’Amerika.

Hornets yatangaje ivuga ko Schnall ari perezida wungirije wa Clayton, Dubilier & Rice LLC, aho yakoze imyaka 27, akaba yarabaye nyiri ikipe ukomeye wa Atlanta Hawks ndetse akaba n’umwe bayobozi bashinzwe akanama muri NBA kuva mu 2015.

Abayobozi ba Hornets basobanuye ko Schnall ari mu nzira yo kugurisha ishoramari rye muri Hawks, biteganijwe ko bizarangira mu by’umweru biri imbere.

Ikipe ya Charlotte Hornets

Itsinda ry’abashaka kugura rizaba rigizwe kandi na Chris Shumway, Dan Sundheim, Ian Loring, Dyal, umuhanzi J. Cole, umwanditsi w’indirimbo Eric Church, hamwe n’abashoramari benshi ba Charlotte, barimo Amy Levine Dawson na Damian Mills.

Amakuru y’ibiganiro bya mbere bya Jordan yo kugurisha imigabane ye muri Charlotte Hornets yamenyekanye mu ntangiriro z’uyu mwaka, byagaragaye ko Jordan azasigarana imigabane mike muri iyi kipe.

Uyu mugabo wabaye igihangange ku Isi mu mikino wa basketball muri NBA yaguze imigabane muri iy’ikipe ibarizwa mu Majyaruguru ya Carolina mu mwaka 2010, ubwo ikipe yitwaga Charlotte Bobcats, nyuma y’imyaka ine gusa iri mu maboko ya Francise, Jordan niwe wabaye uwa mbere uyiguzemo wakinnye muri NBA.

Ariko iki gikorwa kizakorwa kigomba kwemezwa n’inama y’ubuyobozi ya NBA.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago