UBUKUNGU

Mr Eazi ategerejwe i Kigali mu nama izitabirwa na Perezida Kagame

Umuhanzi akaba n’umushoramari Mr Eazi ukomoka mu gihugu cya Ghana ategerejwe mu Rwanda mu nama y’Ihuriro ku ikoranabuhanga rikoreshwa mu mabanki n’ibigo by’imari ryitwa FinTech.

Advertisements

Oluwatosin Ajibade wamamaye nka Mr Eazi mu muziki uherutse kuvuga ko hari ibikorwa agiye kubaka mu Rwanda azitabira iyo nama kandi atange n’ikiganiro nk’umwe mu bahagarariye kompanyi ya emPawa Africa Ltd ifasha abahanzi batandukanye.

Muri icyo gice cy’ikiganiro hazaba haganirwa ku ruhare n’ingaruka z’umugore ku ikoranabuhanga rikoreshwa mu mabanki n’ibigo by’imari muri FinTech.

Ni ikiganiro cyizaba kandi kinagirwemo uruhare na Madame wa Perezida w’u Rwanda Jeannette Kagame.

Nk’uko bigaragara kuri gahunda y’iyo nama Mr Eazi azatanga ikiganiro ku munsi wa kabiri tariki 21 Kamena 2023.

Iyi nama izimara iminsi ibiri ibera mu Rwanda, aho izatangira kuri uyu wa kabiri tariki 20 Kamena 2023, ikazabera muri Kigali Convention Centre izitabirwa n’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame hamwe na Perezida wa Zambia Haikainde Hichilema.

Sosiyete ya emPawa yashinzwe na Mr Eazi aho ifasha abahanzi mu bikorwa byabo isanzwe ibarizwamo abahanzi bakomeye muri Afurika barimo Joeboy, Fave, Fik Fameica, iherutse gusinyana amasezerano yo kujya itegura ibitaramo mu Rwanda mu bihe bitandukanye.

Muri iy’inama igiye kuba ku nshuro ya mbere ku butaka bw’u Rwanda izitabirwa n’abandi bayobozi bakomeye ku Isi bafite aho bahuriye n’ishoramari n’abakorana n’ibigo by’amabanki.

Umuhanzi Mr Eazi ategerejwe mu nama ya FinTech izabera i Kigali

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago