RWANDA

Nyuma y’igihe gito yimukiye muri Amerika, Mutoni Assia yibarutse imfura

Mutoni Assia wamamaye mu gukina filime yibarutse imfura nyuma y’igihe gito yimukiye mu gihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika.

N’imfura y’umwana w’umuhungu yabyaranye n’umugabo we Uwizeyimana Mohammed basanzwe babana muri Amerika.

Amakuru yo kwibaruka muri uyu muryango yamenyekanye kuri uyu wa mbere tariki 19 Kamena 2023.

Muri Nyakanga 2022 nibwo Mutoni Assia yasabwe aranakobwa, indi mihango ikaba yarabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mutoni akora ubukwe ntiyifuje ko benshi babimenya ku mpamvu ze bwite. We n’umugabo we baheruka guhurira mu kiganiro kigaruka ku buzima bwo muri Amerika aho asigaye aba ubu. Icyo gihe, yavuze ko atigeze atekereza ko azahatura ariko ubu yasanze nta yandi mahitamo afite agomba kuhaba gusa hari byinshi byamutonze birimo kwirirwana irungu, kubaho atari gukina filime n’ibindi.

Yavuze ko umugabo we yigeze kumubuza gukina filime amubwira ko agomba gushaka akandi kazi akora akava no mu biganiro byo kuri YouTube.

Mutoni yavuze ko ibi byamubabaje cyane yibaza icyaba kibiteye, agera aho yifuza gusubira mu Rwanda gusa nyuma y’igihe umugabo we yamusobanuriye icyatumye abimubwira.

Uwizeye Mohammed asobanura ko yabikoze ko uyu mugore abanza akamenyera ubuzima bwo muri Amerika kuko yiyumvaga nk’aho akiri i Kigali aho azajya agenda akamara umwanya munini yagiye muri filime.

Mutoni Assia asigaye atuye muri leta zunze ubumwe za Amerika

Uyu mukinnyi wa filime yatanze ubutumwa ku bantu bafite abo bakundana baba hanze y’igihugu, abamenera ibanga ryamufashije kubaka uru rukundo rwe na Uwizeye.

Ati “Gukundana n’umuntu mutari kumwe biragoye kubera ko bisaba kwihanganirana, kwizerana bikomeye, hakabaho no kwibukiranya uko undi abayeho no kumenya amasaha mugenzi wawe abonekeraho, ukamwereka ko umwizeye no gusaba imbabazi aho wakosheje.

Bivugwa ko Mutoni yasabwe akanakobwa ku wa 30 Nyakanga 2022, indi mihango y’ubukwe yabereye muri Amerika aho umugabo we asanzwe atuye.

Mutoni Assia w’imyaka 29 yagaragaye muri filime zitandukanye zirimo Gatarina, Giramata, Intare y’ingore, Seburikoko, City Maid, Close Chapter yo muri Tanzania n’izindi.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago