INKURU ZIDASANZWE

Ruhango: Umugore uherutse kwica mugenzi we bapfa umugabo byarangiye afatiwe i Kigali

Umugore wo mu Kagari ka Buhanda mu Murenge wa Bweramana akekwaho kwica atemaguye mukeba we witwa Musanabera Béatrice bapfa umugabo agahita atoroka.

Uyu mugore yahise ahunga ariko akomeza gushakishwa uruhindu aza gutahurwa mu Mujyi wa Kigali mu Murenge wa Gatsata.

Inkuru ya nyakwigendera yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 19 Kamena 2023, aho umurambo we waturaguwe aho yari yiciwe na mukeba we bikaba bikekwa ko yamwishe bapfa umugabo.

Nyakwigendera Béatrice bivuvugwa ko ari mu kigero cy’imyaka 50 y’amavuko.

Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko Musanabera yatonganiye mu kabari n’umugore basangiye umugabo, baza gutaha batonganira mu nzira.

Biravugwa ko uyu mugore yafatiwe i Karuruma Gatsata mu Karere ka Gasabo mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Mukangenzi Alphonsine, yatangarije Igihe ducyesha iyi nkuru ko uyu mugore na nyakwigendera abantu batari bakwiye kubita abakeba kubera ko nta n’umwe muri bo wasezeranye byemewe n’amategeko n’uwo mugabo.

Yagize ati “Yamaze gufatwa, yafatiwe Karuruma Gatsata.”

Yongeyeho ko hari kwigwa uburyo uyu mugore asubizwa mu Karere ka Ruhango yakoreyemo icyaha akekwaho kugira ngo akurikiranwe.

Yakomeje avuga ko amakuru bamenye ari ay’uko umugore ukekwa ko yishe mugenzi we hari umugabo bari barasezeranye uretse ko batanye anashimangira ko we na nyakwigendera bose bavuka mu Karere ka Karongi.

Umurambo wa Musanabera wo wahise ujyanwa mu Bitaro by’i Gitwe gukorerwa isuzuma mu gihe iperereza ku rupfu rwe rikomeje.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago