POLITIKE

M23 ishobora kwihuza na Twirwaneho y’Abanyamulenge

Imitwe y’Abanye congo bavuga ikinyarwanda muri Kivu y’Amajyaruguru n’iya Majyepfo, ishobora guhuriza imbaraga hamwe, hagamijwe guhangana n’Ubutegetsi bwa DR Congo mu rwero rwo guharanira uburenganzira bwabo.

Advertisements

Ni ibikubiye muri raporo y’impuguke yasohotse ejo kuwa 20 Kamena 2023, igaragaza ishusho rusange ku kibazo cy’Umutekano muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi raporo, ivuga ko muri iki gihe cy’agahenge k’imirwano, M23 iri kugerageza kwihuza n’imitwe y’Abanye congo bavuga ikinyarwanda ikorera muri Kivu y’Amajyepfo.

Umwe mu mitwe yashyizwe mu majwi, ni umutwe wa Twirwaneho ugizwe n’Abanyamulenge uyobowe na Col Makanika ukaba ukorera mu misozi miremire ya Fizi-Tomwe ho muri Kivu y’Amajyepfo, aho umaze igihe uhanganye n’indi mitwe ya Mai Mai Biloze bishambuke, Mai Mai Yakutumba yiganjemo Abafurero n’Ababembe n’abandi basanzwe banga urunuka Abanyamulenge.

Iyi raporo kandi, ikomeza ivuga ko M23 ishaka gutangiza urundi rugamba muri Kivu y’Amajyapfo, akaba ariyo mpamvu yatekereje gukorana n’indi mitwe y’Abanye congo bavuga ikinyarwanda bo muri ako gace.

Ni ibibazo bahuriyeho bose yaba abo muri Kivu y’Amajyaruguru n’iya majyepfo, birimo ivangura bakorwe n’andi moko atabemera nk’abenegihugu ba DR Congo, ahubwo bakwitwa Abanyamahanga bakomoka mu Rwanda byatumye benshi muri bo bahinduka impunzi mu bihugu byo mu Karere n’ahandi.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago