Harmonize aherutse kwerekana ko yihebeye ikizingerezi Yolo The Queen
Nyuma y’inkuru nyinshi zagiye zicicikana hirya no hino mu binyamakuru, bivuga ko Yolo The Queen ari mu rukundo n’umuhanzi Harmonize, uyu mukobwa mu butumwa yasangije abamukurira ku mbuga nkoranyambaga yemeje atari mu rukundo.
Uyu mukobwa usanzwe ufite umwana akaba umwe mu bakurura benshi ku mbuga nkoranyambaga kubera ikimero cye cyahogoje benshi cyane cyane ku rubuga rwa Instagram yavuze ko nta mukunzi afite kuri ubu.
Ibi abivuze nyuma y’iminsi umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Tanzania Harmonize amaze igihe yigamba avuga ko yamaze kwegukana iki kizungerezi cyasamishije benshi mu byamamare ku Isi.
Ni ubutumwa bwa Yolo The Queen yasubizaga uwmuntu wari umwandikiye mu butumwa bwihariye (inbox) ku rubuga rwa Instagram amubwiye ko umufite rwose yahiriwe, Yolo The Queen nawe mu kumusubiza yahise amubwira ahubwo ko bibaje kuko nta mukunzi afite.
Ubwo butumwa bwaguraga buti “Uwo musore uri gukundana nawe, yarahiriwe, Yolo The Queen nawe amusubiza agira ati “Nta mukunzi mfite nicyo kibabaje.”
Yolo The Queen ahakanye amakuru yo kugira umukunzi nyamara hari hamaze iminsi havugwa amakuru y’urukundo rwe n’umuhanzi Harmonize ngo uherutse ku mubenguka ubwo yazaga kugura inzu mu Rwanda agashiturwa n’ikimero cy’uyu mukobwa.
Kuva icyo batangiye kujya bavugana ndetse bombi batangira no kubishyira ku karubanda, aho bombi bari basigaye baganirira ku rubuga rwa Instagram Live abakunzi babo babakurikira, ibyo bavuga byose.
Aha niho humvikanye umuhanzi Harmonize abwira uyu mukobwa ko amukunda, ndetse anabishimingira mu ndirimbo ‘Zanzibar’ yakoranye na Bruce Melodie.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…