IMIDERI

Nyuma y’igihe Yolo The Queen avugwa mu rukundo na Harmonize, yabyigaramye

Nyuma y’inkuru nyinshi zagiye zicicikana hirya no hino mu binyamakuru, bivuga ko Yolo The Queen ari mu rukundo n’umuhanzi Harmonize, uyu mukobwa mu butumwa yasangije abamukurira ku mbuga nkoranyambaga yemeje atari mu rukundo.

Advertisements

Uyu mukobwa usanzwe ufite umwana akaba umwe mu bakurura benshi ku mbuga nkoranyambaga kubera ikimero cye cyahogoje benshi cyane cyane ku rubuga rwa Instagram yavuze ko nta mukunzi afite kuri ubu.

Ibi abivuze nyuma y’iminsi umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Tanzania Harmonize amaze igihe yigamba avuga ko yamaze kwegukana iki kizungerezi cyasamishije benshi mu byamamare ku Isi.

Imiterere n’ikimero cye gikurura benshi ku mbuga nkoranyambaga

Ni ubutumwa bwa Yolo The Queen yasubizaga uwmuntu wari umwandikiye mu butumwa bwihariye (inbox) ku rubuga rwa Instagram amubwiye ko umufite rwose yahiriwe, Yolo The Queen nawe mu kumusubiza yahise amubwira ahubwo ko bibaje kuko nta mukunzi afite.

Ubwo butumwa bwaguraga buti “Uwo musore uri gukundana nawe, yarahiriwe, Yolo The Queen nawe amusubiza agira ati “Nta mukunzi mfite nicyo kibabaje.”

Yolo The Queen ahakanye amakuru yo kugira umukunzi nyamara hari hamaze iminsi havugwa amakuru y’urukundo rwe n’umuhanzi Harmonize ngo uherutse ku mubenguka ubwo yazaga kugura inzu mu Rwanda agashiturwa n’ikimero cy’uyu mukobwa.

Kuva icyo batangiye kujya bavugana ndetse bombi batangira no kubishyira ku karubanda, aho bombi bari basigaye baganirira ku rubuga rwa Instagram Live abakunzi babo babakurikira, ibyo bavuga byose.

Harmonize yagaragaje ko yari yihebeye Yolo The Queen

Aha niho humvikanye umuhanzi Harmonize abwira uyu mukobwa ko amukunda, ndetse anabishimingira mu ndirimbo ‘Zanzibar’ yakoranye na Bruce Melodie.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago