URUKUNDO

Umunyezamu wa Arsenal, Ramsdale yakoze ubukwe n’umugore we atwite-AMAFOTO

Umunyezamu w’ikipe ya Arsenal Aaron Ramsdale yashakanye n’umukunzi we Georgina Irwin atwite mu birori bitangaje.

Advertisements

Ku wa kabiri, tariki ya 20 Kamena, uyu mukinnyi w’Umwongereza, ufite imyaka 25, yerekeje kuri Instagram kugira ngo agaragaze ko yashakanye n’uyu mukobwa usanzwe ukorera mu kigo cy’indege cya British Airways.

Ni nyuma y’uko aba bombi baherutse gutangaza ku mbuga nkoranyambaga mu mpera z’uku kwezi ko bitegura kwibaruka imfura yabo.

Ku ruhande rw’umukobwa wahisemo guseruka yambaye agakanzu kererana n’inkweto ndende ndetse Ramsdale we ahitamo kwambara ikoti.

Muri ibyo birori byari byitabiriwe n’abantu mbarwa bagizwe n’umuryango wabo gusa n’inshuti z’umuryango.

Ubwo yasangizaga amafoto y’abo y’uyu munsi ukomeye ku mbuga nkoranyambaga, uyu mukinnyi w’icyamamare muri Arsenal yanditseho ati “Bwana na Madamu 20.6.2023”

Ramsdale na Georgina usanzwe ari umukozi mu kigo cy’indege cya British Airways batangiye gukundana mu mwaka 2019.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago