Umunyezamu w’ikipe ya Arsenal Aaron Ramsdale yashakanye n’umukunzi we Georgina Irwin atwite mu birori bitangaje.
Ku wa kabiri, tariki ya 20 Kamena, uyu mukinnyi w’Umwongereza, ufite imyaka 25, yerekeje kuri Instagram kugira ngo agaragaze ko yashakanye n’uyu mukobwa usanzwe ukorera mu kigo cy’indege cya British Airways.
Ni nyuma y’uko aba bombi baherutse gutangaza ku mbuga nkoranyambaga mu mpera z’uku kwezi ko bitegura kwibaruka imfura yabo.
Ku ruhande rw’umukobwa wahisemo guseruka yambaye agakanzu kererana n’inkweto ndende ndetse Ramsdale we ahitamo kwambara ikoti.
Muri ibyo birori byari byitabiriwe n’abantu mbarwa bagizwe n’umuryango wabo gusa n’inshuti z’umuryango.
Ubwo yasangizaga amafoto y’abo y’uyu munsi ukomeye ku mbuga nkoranyambaga, uyu mukinnyi w’icyamamare muri Arsenal yanditseho ati “Bwana na Madamu 20.6.2023”
Ramsdale na Georgina usanzwe ari umukozi mu kigo cy’indege cya British Airways batangiye gukundana mu mwaka 2019.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…