RWANDA

Munyantwali Alphonse yabaye Perezida wa FERWAFA

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Kamena, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryabonye abayobozi bashya barangajwe imbere na Munyantwali Alphonse.

Ni amatora yabaye kuri Lemigo Hotel yo gutora abayobozi bashya nyuma y’uko Komite Nyobozi yari iyobowe na Nizeyimana Olivier yaseshwe kuko abari bayigize benshi beguye, hasigara abari munsi ya 2/3 bashobora gufata icyemezo.

Iri Shyirahamwe ryari rimaze iminsi 39 mu nzibacyuho iyobowe na Habyarimana Marcel wafashwaga na Mudaheranwa Youssuf na Mukankaka Ancille.

Komite Nyobozi yatowe ikazayobora imyaka ibiri yari isigaye kuri manda y’imyaka ine yari yatorewe Nizeyimana Olivier weguye ku wa 19 Mata 2023.

Mugisha Richard yatorewe kuba Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe Tekinike ku majwi 52.

Habyarimana Matiku Marcel niwe watorewe kuba Perezida wa mbere ushinzwe ushinzwe imiyoborere y’imari muri FERWAFA.

RUGAMBWA Jean Marie yatorewe kuba Komiseri ushinzwe Imari ya FERWAFA.

Naho Madame RWAKUNDA Quinta atorerwa umwanya wa Komiseri ushinzwe kumenyekanisha Ibikorwa no gushaka Inkunga.

Ni mugihe TURATSINZE Amani Evariste yatorewe kuba Komiseri ushinzwe gutegura Amarushanwa muri FERWAFA.

Mu bandi batowe harimo ushinzwe Tekiniki n’Iterambere ry’Umupira w’Amaguru muri FERWAFA, akaba ari Komiseri Habimana Hamdan.

Madame MUNYANKANA Ancille atorerwa kuba Komiseri ushinzwe Umupira w’Amaguru w’Abagore muri FERWAFA.

Bwana RURANGIRWA Louis yatorewe kuba komiseri ushinzwe umutekano n’Imyitwarire myiza mu mikino muri FERWAFA.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

12 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

13 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

13 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago