IMIKINO

Kubera gusa nka Lionel Messi ashinjwa kuryamana n’abagore barenga 20

Reza Parastesh, umunya Irani usa neza n’isura y’umunyabigwi w’umupira w’amaguru w’umunya Argentine, Lionel Messi yagiye avugwaho kuryama n’abagore bagera kuri 23, ibintu nyiri bwite ahakana.

Advertisements

Aya mahano yongeye kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga za Iran muri raporo nshya yahujwe n’ibyatanagjwe n’ikinyamakuru cyo muri Espagne Marca mu myaka yashize, ibi ngo bivugwa nyuma yaho Messi yimukiye mu ikipe ya Inter Miami yo muri Amerika.

Reza Parastesh uvugwaho gushaka gusa n’icyamamare Lionel Messi

Parastesh yagize icyo avuga ku mpaka nyinshi zagiye zikurikirana ibyamuvugwagaho ati “Muraho nshuti, inkuru y’ibinyoma kuri njye irimo kugenda ku mbuga nkoranyambaga ku bijyanye no kuryamana n’abagore 23 kuko batekerezaga ko ndi Lionel Messi. Nyamuneka ntugakinishe izina ry’umuntu ugaragaza ko utari utazatakarizwa icyizere.

Ati “Twese tuzi neza ko niba koko byarabaye ku muntu uwo ari we wese, hari ibirego kandi byamushinja. Ibyo byaba ari ibyago nk’ibyago by’urwego mpuzamahanga. Mugihe aya makuru yaba ari ay’ukuri, ubu naba ndi muri gereza.

Abenshi bafata agafoto babona ari kizigenza Lionel Messi

“Ntukabyizere, ntabwo ari ukuri. Ngiye gukora ibishoboka byose kugirango ndwanye ibi byemewe n’amategeko kandi mumenye neza ko izina ryanjye ricyeye.

Ati “Amakuru arimo gukwirakwira mu bihugu by’abayisilamu kandi byabaye nk’indwara. Natotejwe cyane kuko nabaye kimenywa bose ku Isi yose. Umuryango wanjye nawo warantoteje, ariko igitero cy’abaturage nicyo cyiganje.”

Reza Parastesh afite abayoboke barenga miliyoni ku rubuga rwa Instagram. Akunda gusangiza abantu amafoto n’amashusho yigana Lionel Messi nk’umwe mu bakinnyi b’ikitegererezo kuri we akaba umukinnyi ukomeye ukomoka muri Argentine, mugihe anavuga ko isura ye isa neza niya Messi.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago