IYOBOKAMANA

Perezida Tshisekedi yikomye Kiliziya Gatolika ko ishaka kuyobya Abaturage be

Muri misa yo kwizihiza yubile y’imyaka 25 y’umwepiskopi waho Emmanuel-Bernard Kasanda mu muhango wabereye i Mbuji Mayi ku cyumweru, Perezida Thsisekedi yabwiye abaturage gukanguka kubera idini rya Kiliziya Gatolika.

Umwepiskopi Emmanuel-Bernard Kasanda
Advertisements

Yavuze ibyo nyuma y’uko mu cyumweru gishize inama y’abasenyeri gatolika bo muri DRC ineze ubutegetsi bwa Tshisekedi n’uburyo ibintu ubu byifashe mbere y’amatora.

Mu ijambo rye i Mbuji-Mayi, ahari hateraniye ibihumbi birenga 40 by’abaturage Tshisekedi yavuze ko ashaka “kuburira igice kirimo kuyobya muri kiliziya gatolika”.

Ati: “Ni ukuyobya navuga ko guteye inkeke, cyane cyane muri uyu mwaka w’amatora…Kiliziya igomba kuba hagati y’Abanyecongo. Igomba kwigisha urukundo, ubumwe n’uburinganire.”

Kuri we kiliziya igomba kuguma mu butumwa bwayo bwo kwigisha amahoro no kutabogama. Gusa avuga ko abona irimo abantu “bafashe umurongo ushobora gucamo igihugu ibice”.

Yongeraho ati: “Ntabwo nzemera na rimwe ikintu nk’icyo.”

Abasenyeri banenze ubutegetsi bwe

Mu gihe hasigaye amezi atandatu ngo habe amatora y’umukuru w’igihugu, inama y’abasenyeri muri iki gihugu yavuze ko “hari umwuka mubi”.

Itangazo ry’aba basenyeri rivuga ko kuva Congo yabona ubwigenge mu 1960, igihugu “cyagumye mu bibazo bya politike bihora bigaruka, kandi imwe mu mpamvu ni ikibazo cyo gushidikanya ku nzego n’abazikuriye niba byemewe n’amategeko”.

Aba basenyeri bavuze ko kuva Tshisekedi agiye ku butegetsi mu 2019, “ibintu byasubiye inyuma bibabaje harimo guhohotera abigaragambya batavugarumwe n’ubutegetsi, gutambamira ubwisanzure bw’abatavugarumwe n’ubutegetsi, gushaka gushyiraho amategeko avangura, gukoresha ubucamanza no gufunga abantu binyuranyije n’amategeko”.

Aba basenyeri basabye abaturage “kudashukwa”, bagatora ababategeka mu bwisanzure, babasaba kandi kuba maso ntibakoreshwe nabi “nko mu matora ya 2018”.

Itangazo ryabo rigira riti: “Kugira ngo hazabe amatora yizewe, rubanda rwa Congo nimukanguke!”

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago