MU MAHANGA

Umugabo uri kugerageza kwiruka Afurika yose yageze muri Angola acucurwa ibye

Uyu mugabo w’imyaka 26 yavuze ko we n’ikipe ye ubwo bageraga mu gihugu cya Angola kuwa gatandatu bambuwe n’abantu ibikoresho bari bafite birimo za camera, telephone, na pasiporo zabo.

Advertisements

Russell Cook w’i West Sussex mu Bwongereza ushaka gukora amateka yo kugerageza kwiruka Afurika yose arimo ngo kugerageza kwiruka 50km buri munsi.

Ati: “Impamvu imwe nshaka kwiruka uburebure bwa Afurika ni uko nta wundi muntu wigeze ubikora mbere”.

Uku kwiyemeza gukomeye yagutangiriye tariki 22 Mata(4) ku mpera y’epfo cyane muri Afurika y’Epfo kandi arateganya gusoreza ku mpera ya ruguru cyane muri Tunisia.

Cook arateganya kwiruka kilometero 14,500 mu mezi umunani, akambuka imipaka 16, agaca mu mijyi, amashyamba, n’inzira yo mu butayu bwa Sahara azirukamo amezi atatu.

Ku munsi wa 64, ikipe ye yasagariwe n’abagabo babiri bitwaje intwaro babatse “ibintu byose”, nk’uko Cook abivuga.

Ati: “Icya mbere cy’ingenzi, turashima ko twabashije kuhava turi bazima.

“Twatakaje ibintu by’agaciro kandi ni ikibazo kuri twe, ariko tuzahatanira gukomeza ibi tubirangize.”

Cook avuga ko yiyemeje ko ubwo bujura butazahagarika umugambi we cyangwa ngo bwangize isura ya Angola.

Mbere yo gutangira ibi yiyemeje, Cook avuga ko yabanje kuba mu bibazo byo mu mutwe, urusimbi, n’ubusinzi, ariko ko uru rugendo ruzamufasha kurenga burundu ibyo byose no kubibona nk’amateka.

Uyu mugabo kandi arimo kwiruka kugira ngo afashe ibigo bifasha bya The Running Charity na Water Aid.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago